SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Claude Mwene Karangwa uzwi kuri Twitter yatawe muri yombi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Ikoranabuhanga > Claude Mwene Karangwa uzwi kuri Twitter yatawe muri yombi
Ikoranabuhanga

Claude Mwene Karangwa uzwi kuri Twitter yatawe muri yombi

Gossip Kigali
Last updated: 2023/09/20 at 11:43 AM
Gossip Kigali
Share
2 Min Read
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Ishimwe Claude wamamaye nka Mwene Karangwa ku mbuga nkoranyanbaga cyane Twitter yahindutse X, akurikiranyweho ibyaha byo gukubita no gukomeretsa ku bushake no gukoresha ibikangisho.

Amakuru dukesha abari aho ibyo byabereye avuga ko uyu musore yatawe muri yombi ku wa 18 Nzeri 2023 akurikiranyweho ibi byaha yakoreye mu Murenge wa Nyarugenge, Akagari ka Kiyovu, Umudugudu wa Amizero.

Uwaduhaye amakuru yavuze ko Mwene Karangwa yasanze abasore babiri mu kabari gaherereye ahazwi nko ku bisima atangira kubasagarira arabakubita, ndetse bikavugwa ko yari amaze igihe akangisha uwahohotewe ko azamwica.

Ngo si inshuro ya mbere amusagariye kuko hari n’ikindi gihe yigeze kumukubitira mu bantu birangira anamumeneye telefone.

Kugeza ubu Ishimwe afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyarugenge mu gihe dosiye ye ikiri gukorwa ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake gihanwa n’ingingo ya 121 y’itegeko nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Iyo ukekwaho iki cyaha agihamijwe n’Urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu hamwe n’ihazabu itari munsi y’ibihumbi 500Frw ariko itarenze miliyoni 1Frw.

Icyaha cyo gukoresha ibikangisho gihanwa n’ingingo ya 128 y’iri tegeko. Ugihamijwe n’Urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri, n’ihazabu itari munsi y’ibihumbi 300Frw ariko atarenze ibihumbi 500Frw.

You Might Also Like

Airtel Africa yinjiye mu bufatanye na SpaceX bugamije gukwirakwiza internet ya Starlink,

Uruganda rwa Apple rwaje ku mwanya wa mbere mu bigo byacuruje telefone nyinshi mu gihembwe cya mbere cya 2025

Microsoft igiye gufunga Skype

Airtel yatangije icyumweru cyahariwe kwita ku bakiliya bayo,

Menya Byinshi kuri Iphone 16 igiye gusohoka

Gossip Kigali September 20, 2023 September 20, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Pamella yifurije umugabo we The Ben isabukuru nziza amubwira amagambo aryoshye

January 9, 2024
Imikino

APR BBC yatsinze Patriot amanota 68 kuri 67 biyiha amahirwe yo kuba iya mbere

March 17, 2025
Imyidagaduro

Platini yahishuye ko agiye gutangira gukora umurimo w’Imana

March 26, 2025
Andi makuru

Polisi yamennye ibiyobyabwenge birimo Inzoga, Cocaine na Heroine

November 16, 2023
Imikino

Mr Kagame yateguje alubumu ye ya kabiri yise amakashi

July 27, 2024
Imikino

Volleyball: Abatoza batatu bagiye guhabwa amahugurwa muri Brésil

November 28, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?