SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Andy Bumuntu yatumiwe mu gitaramo cya ‘Afro Fusion Cuisine’ muri Kenya
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Andy Bumuntu yatumiwe mu gitaramo cya ‘Afro Fusion Cuisine’ muri Kenya
Andi makuruImyidagaduro

Andy Bumuntu yatumiwe mu gitaramo cya ‘Afro Fusion Cuisine’ muri Kenya

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/09/19 at 12:37 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Ku nshuro ye ya mbere, Andy Bumuntu agiye gutaramira i Nairobi ho muri Kenya, igihugu biherutse gutangazwa ko uyu muhanzi yigaruriye imitima y’inkumi z’abagituye.

Andy Bumuntu ni umwe mu bahanzi batumiwe mu Iserukiramuco ‘Afro Fusion Cuisine’, igitaramo azaririmbamo kikaba gitegerejwe ku wa 20 Ukwakira 2023.

Ni igitaramo azahuriramo n’Umuhanzikazi Sho Madjozi, uri mu bakunzwe cyane muri iki gihugu.

Andy Bumuntu yavuze ko ari ishimwe rikomeye kuri we cyane ko ari kenshi yagiye agira gahunda yo gutaramira muri Kenya ariko ntibikunde.

Ati “Kera kabaye ngiye gutaramira i Nairobi, ni ishimwe kuri njye. Hari inshuro nyinshi nagerageje kuhakorera ibitaramo ariko ntibikunde bitewe n’impamvu zitandukanye. Kuri ubu ndashima Imana ko bibaye.”

Andy Bumuntu abajijwe ikijyanye no kuba agiye gutaramira igihugu byigeze kuvugwa ko yigaruriye imitima y’inkumi zaho, yavuze ko ari amahirwe niba koko ariko bimeze.

Yakomeje ati “Ka nzabirebe icyo gihe niba aribyo koko! Ubwo nibaza nzamenya ko kera kabaye bamfashe.”

Uyu musore azwi cyane mu ndirimbo zirimo ‘Ndashaje’ yatumye yamamara ndetse igasamirwa hejuru n’abakunzi b’umuziki mu gihe yayishyiraga hanze ari yo ye ya mbere. Nyuma yakoze izindi zirimo ‘Mine’, ‘Mukadata’, ‘Valentine’ n’izindi.

Mu minsi yashize ni bwo yatangiye kwirahirwa bikomeye n’Abanya-Kenya nyuma yo gushyira hanze indirimbo yise ‘On Fire’ kuko yakoze benshi ku mutima bamwe bagakeka ko yaba akomoka muri iki gihugu ndetse binatuma izamuka cyane ugereranyije n’izindi ze irarebwa cyane.

Ni indirimbo yakunzwe cyane mu tubyiniro two muri iki gihugu aho umu-Dj wabaga atayicuranze bamwitaga utazi ibigezweho kuko ibizungerezi byaho iyo byabaga bimaze kunezerwa mu ntekerezo zabo ari yo yabazagamo.

Iyi ndirimbo iri mu Njyana ya Afro-Kizomba Fusion, mu bitekerezo byayitanzweho yakunze kugaragarizwa urukundo ku buryo bukomeye.

Nk’umukobwa witwa Linsey Arthur, yagize ati “Banya-Kenyaaaaaa (ashyiraho utumenyetso tw’imitima) … nkaho uri Umunya-Kenya… Andy uzaze kuturirimbira hano muri Kenya.”

Star Wanza we yavuze ko abantu benshi batanze ibitekerezo kuri YouTube kuri iyi ndirimbo bisa nk’aho ari Abanya-Kenya, avuga ko bayimenye binyuze kuri WhatsApp.

Hari n’uwavuze ko uyu musore ari gutuma abakundanye benshi muri Kenya batana, ashaka kwerekana ko akunzwe bikomeye n’abakobwa bo muri icyo gihugu.

Kayigi Andy Dick Fred [Andy Bumuntu] w’imyaka 25 ni umuvandimwe w’umuhanzi Umutare Gaby. Yize ibijyanye n’Amashanyarazi. Yatangiye umuziki mu 2009. Yanabaye umwe mu babyinnyi bakomeye mu Itorero Mashirika ndetse yariherekeje mu bitaramo ryatumiwemo mu bihugu bitandukanye.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

Nsanzabera Jean Paul September 19, 2023 September 19, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Abanyarwanda barangajwe imbere na Perezida Paul Kagame n’umuryango we bitabiriye igitaramo cya John Legend muri BK Arena

February 22, 2025
Imyidagaduro

Abitabiriye ibirori bya Karisimbi Entertainment Awards 2023 batahanye akanyamuneza (Amafoto)

December 18, 2023
Imyidagaduro

Marco Bizzarri wayoboraga inzu y’imideli ya Gucci yeguye

July 27, 2023
Andi makuru

Ku nshuro ya kabiri mu Rwanda hagiye gushimirwa abagira uruhare mu guteza imbere abamugaye

October 23, 2024
Imikino

U Rwanda rwaburiye Congo na Loni ku gukomeza gukerensa FDLR

January 16, 2019
Imikino

Shema Fabrice wahoze ari Perezida wa AS Kigali, yasohoje ubutumwa yari yageneye abakinnyi b’iyi kipe!

December 25, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?