SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Maurix Baru yahembuye benshi mu gitaramo cya 2 Cy’injyana ya Afro Opera (Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Maurix Baru yahembuye benshi mu gitaramo cya 2 Cy’injyana ya Afro Opera (Amafoto)
Imyidagaduro

Maurix Baru yahembuye benshi mu gitaramo cya 2 Cy’injyana ya Afro Opera (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/08/17 at 5:38 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Mbarushimana Maurice Jean Paul wamenyekanye nka Maurix Music[Maurix Baru] wanakoze indirimbo zitandukanye zakunzwe mu myaka yashize, ariko ubu akaba yarihebeye injyana ya ‘Afro-Opera’ yakoze igitaramo cye cya mbere cyagutse yacurangiyemo abakunzi b’iyi njyana; anatumiramo Bisangwa Nganji Benjamin wamamaye Nka Ben Nganji.

Ni igitaramo cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Kanama 2023. Cyitabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye biganjemo ab’uruhu rwera ndetse n’abanyarwanda biganjemo abo muri Kiliziya Gatolika.

Maurix Baru yaririmbye indirimbo ze ziri muri iyi njyana zirimo iyo yise “Isi Iradukeneye’’, “Ngabira”, “Inzira”, “Give Me Your Hand” n’izindi nyinshi zashimishije benshi.

Iki gitaramo cyayobowe n’abarimo Mutesi Scovia umaze kubaka izina mu itangazamakuru.

Ben Nganji wari utegerejwe yashimishije benshi kubera kungikanya amagambo ibintu asanzwe azwiho cyane bizwi nk’inkirigito.

yavuze ko yagize igitekerezo cyacyo, nyuma y’icyo yakoze muri Kamena 2023 ariko abantu bitabiriye akaba ari abo yari yahaye ubutumire gusa.

Nyuma yicyo gitaramo yadutangarije ko iki gitaramo yakoze, cyashimishije benshi bari bitabiriye bakamusaba ko yakora noneho ikindi kiri ahantu hagutse, ku buryo kwinjira noneho byaba ari ukwishyura.

Ati “Abantu bitabiriye igitaramo mperuka gukora nibo batumye ntegura iki. Bashakaga ko nkora igitaramo kigari kwinjira abantu bakishyura.’’

Maurix Baru yamenyekanye cyane kuri studio ye yitwaga “Maurix music studio”, yafashije benshi mu bahanzi mu myaka yo hambere ubwo uyu musore yari umunyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda i Butare.

Maurix Music Studio yatangije yakorewemo indirimbo nyinshi zakunzwe zirimo iza The Ben, Tom Close, Riderman n’abandi.

Nyuma yo kurangiza amashuri, Maurix yimuriye studio ye mu Mujyi wa Kigali ayikura i Huye.

Mu 2017 nibwo yabonye amahirwe yo kujya mu Buholandi kwiga icyiciro cya gatatu cya kaminuza.

Nyuma yo kurangiza amasomo akanabonayo akazi, ntabwo byamworoheye ko ahita agaruka mu Rwanda ngo akomerezeho iby’umuziki.

Mu 2020 ni bwo Maurix yabonye akazi kamusaba kugaruka mu Rwanda bituma ahita anatekereza uburyo yasubukura ibijyanye n’umuziki ariko yibanda ku muziki wa Opera utamenyerewe mu Rwanda.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul August 17, 2023 August 12, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Ikoranabuhanga

Airtel Rwanda yatangiye kugeza ku banyarwanda telefone zifite internet inyaruka (Amafoto)

October 16, 2023
Imyidagaduro

World Star Entertainment yashyize igorora abanyempano bifuza gukora indirimbo

January 19, 2023
Imyidagaduro

Bruce Melodie yasubiye muri Amerika mu bitaramo azahuriramo na Shaggy

December 11, 2023
Andi makuru

Abantu 3 bakurikiranyweho gutera urukweto Perezida Ruto batawe muri yombi

May 5, 2025
Andi makuru

Abanye-Palestine 39 bari bafungiye muri Israel barekuwe

November 25, 2023
Imyidagaduro

Ubuzima bwa Celine bukomeje kumera nabi nyuma yo kubura imiti y’indwara imurembeje

August 5, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?