SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Itorero inganzo ngari ryahembuye imitima ya benshi mu gitaramo Ruganzu II Ndoli abundura u Rwanda (Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Itorero inganzo ngari ryahembuye imitima ya benshi mu gitaramo Ruganzu II Ndoli abundura u Rwanda (Amafoto)
Imyidagaduro

Itorero inganzo ngari ryahembuye imitima ya benshi mu gitaramo Ruganzu II Ndoli abundura u Rwanda (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/08/17 at 5:49 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Itorero Inganzo Ngari ryaganuje abakunzi b’umudiho gakondo bari bitabiriye igitaramo cyabo ku bwinshi cyane ko ihema riri muri Camp Kigali cyabereyemo ryari ryakubise ryuzuye.

Ni igitaramo cya karindwi cy’Itorero Inganzo Ngari cyabaye mu ijoro ryo ku wa 4 Kanama 2023, iki kikaba cyari cyiswe ‘Ruganzu II Ndoli abundura u Rwanda’.

Bitewe n’uburyo amatike y’iki gitaramo yagurishijwe mbere, abakunzi b’iri torero bageze aho cyagombaga kubera hakiri kare kuko ahagana saa Kumi n’Imwe izuba ritararenga neza aba mbere bari bamaze kuhagera banafashe ibyicaro.

Uko amasaha yisunikaga ni ko abantu bakubitaga bakuzura ahabereye igitaramo ku buryo abahageze ahagana saa Moya z’ijoro byari byatangiye kugorana kubona aho bicara.

Ubwinshi bw’abitabiriye igitaramo byagaragaraga ko bigoye kubicaza neza buri wese bitewe n’aho yishyuriye, bwatumye hari abisanga bicaye mu byicaro bihabanye n’aho bateganyirijwe.

Uretse ako kuvanga ibyicaro by’abitabiriye iki gitaramo, akandi kantu katanyuze benshi muri iki gitaramo ni uburyo nta buryo buhagije bwo kwica icyaka no kubona ibyo kurya bwari bwateguwe.

Bitewe n’ubushobozi bwari hasi bwo guhaza umubare w’abantu bari bitabiriye iki gitaramo, ahacururizwaga ibyo kurya no kunywa hagaragaraga umuvundo ku rwego rwo hejuru, nabwo hakaba abananirwa kuwihanganira bakabivamo bagataha igitaramo kitarangiye.

Ku rundi ruhande ariko, uko benshi barwanaga n’utwo tubazo, ku rubyiniro byari ibicika kuko umudiho w’Inganzo Ngari wari ukomeje kuryohera ugutwi kw’abitabiriye igitaramo.

Umwe mu baganiriye n’itangazamakuru nyuma y’igitaramo, yahamije ko umuziki gakondo ukomeje kugaragarizwa urukundo rukomeye.

Ati “Ibaze niba ihema rijyamo abantu ibihumbi bitatu ryakubise rikuzura bamwe bagataha babuze aho bicara, ni ikigaragaza ko umuziki gakondo ukunzwe kandi umuntu wateguye ibintu byiza abantu bamugana.”

Iri torero ryakinnye umukino ukomoza ku bigwi by’Umwami Ruganzu II Ndoli wakoze ibintu bidasanzwe mu mateka y’u Rwanda, kuko yarubunduye nyuma y’imyaka 11 abundiye (yarahungiye) i Karagwe.

Icyo gihe cyose, u Rwanda, Abanyarwanda n’umuco wabo byarazimanganye. Ubwo Ruganzu II Ndoli yari amaze kwima ingoma, yaguye inkiko z’u Rwanda agarura indangagaciro, azahura umuco, imihango n’imigenzo Nyarwanda.

Mu byo Ruganzu II Ndoli yagaruye harimo Umunsi w’Umuganura aho Abanyarwanda bishimiraga umusaruro w’ibyo bejeje.

Ni umuhango watangiye ku Ngoma ya Gihanga Ngomijana ahagana mu Kinyejana cya 11, uyu muhango ariko kandi wongeye gucibwa n’abakoloni mu 1925, wongera kugarurwa na Guverinoma y’u Rwanda mu 2011.

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul August 17, 2023 August 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Samia Suluhu yabitswe n’imbuga nkoranyambaga za X ya Polisi ya Tanzaniya

May 21, 2025
Imyidagaduro

Amafoto ya Moses Moshions akomeje kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga

January 7, 2023
Imyidagaduro

Rusine Patrick yambitse Impeta Umukunzi We Iryn

August 12, 2024
Imyidagaduro

#Kwibuka31:Bwiza yasabye urubyiruko kudaceceka mu gihe hari abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

April 9, 2025
Imyidagaduro

Album ya 25 shades ya Bwiza yaguzwe amaeuro arenga 9500 harimo 1000 cya The Ben

March 10, 2025
Imyidagaduro

The Ben na Remah Namakula batumiwe mu gitaramo i Musanze

July 25, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?