SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Denis Sassou N’Guesso yatangiye uruzinduko rw’iminsi 3 mu Rwanda
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Denis Sassou N’Guesso yatangiye uruzinduko rw’iminsi 3 mu Rwanda
Andi makuru

Perezida Denis Sassou N’Guesso yatangiye uruzinduko rw’iminsi 3 mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/07/21 at 1:37 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida Denis Sassou N’Guesso yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu, rugamije gushimangira umubano usanzwe hagati y’impande zombi, ruje rukurikira urwo mugenzi we w’u Rwanda yagiriye i Brazzaville muri Mata 2022.

Ahagana Saa Sita n’iminota 20 nibwo indege nini y’ubururu n’umweru itwara Perezida N’Guesso yasesekaye i Kanombe ku Kibuga cy’Indege.

Mu bayobozi bari kumwe na Perezida Kagame mu kwakira N’Guesso harimo Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente; Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta; Minisitiri muri Perezidansi, Uwayezu Judith; Minisitiri w’Umutekano, Gasana Alfred n’uw’Ubucuruzi n’Inganda, Ngabitsinze Jean Chrysostome.

Hari kandi Umuyobozi wa RDB; Clare Akamanzi; Ambasaderi w’u Rwanda muri Congo Brazzaville, Mutsindashyaka Théoneste; Meya w’Umujyi wa Kigali, Rubingisa Pudence; Umugaba Mukuru w’Ingabo, Lt Gen Mubarakh Muganga; Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’Igihugu, Felix Namuhoranye n’Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza n’Umutekano, Lt Col Jean Paul Nyirubutama.

N’Guesso yaherukaga mu Rwanda mu 2019 ubwo yari yitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu rugendo rwe kuri iyi nshuro, biteganyijwe ko aza kugirana ibiganiro na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ndetse nyuma agasura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Nyuma yo gusura urwibutso, byitezwe ko Perezida N’Guesso aza kujya mu Nteko Ishinga Amategeko aho agomba kugeza ijambo ku bayigize. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, Umukuru w’Igihugu byitezwe ko aza kwakira mugenzi we mu isangira.

Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwe, biteganyijwe ko azasura Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi n’Ubworozi butangiza ibidukikije riherereye mu Karere ka Bugesera.

Uruzinduko rwa N’Guesso ruje rukurikira urwo Perezida Kagame yagiriye mu gihugu cye hagati ya 11-13 Mata 2022

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul July 21, 2023 July 21, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

UK : Yafunzwe azira kwinjira mu ndege itariyo

October 7, 2024
Andi makuru

Ibikorwaremezo abanyarwanda bakwitega kubona mu mwaka wa 2025

January 4, 2025
Imyidagaduro

Kidum, B2C na Confy bahuye n’abafana babo mu kabyiniro ka Riders Lounge  (Amafoto)

February 24, 2023
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yavuze igisobanuro cy’amazina yise abuzukuru be Anaya na Amalia

March 8, 2024
Utuntu n'utundi

Urusengero rwa Pastor Mboro rwigabijwe n’abanyeshuri bararutwika

August 7, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yagiranye ikiganiro na mugenzi we wa Senegal Bassirou Diomaye Faye

March 27, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?