SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Alexander Lukashenko yemeje ko Yevgeny Prigozhinari ari mu Burusiya
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Alexander Lukashenko yemeje ko Yevgeny Prigozhinari ari mu Burusiya
Andi makuru

Perezida Alexander Lukashenko yemeje ko Yevgeny Prigozhinari ari mu Burusiya

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/07/06 at 12:53 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida wa Belarus, Alexander Lukashenko, yemeje ko umukuru w’umutwe wigenga witwara gisirikare wa Wagner, Yevgeny Prigozhin, ari mu Burusiya, mu gihe biheruka kwemezwa ko agomba koherezwa muri icyo gihugu.

Aho Prigozhin aherereye hari hakomeje kuba urujijo kuva yabonwa mu majyepfo y’u Burusiya, nyuma y’imyivumbagatanyo y’abarwanyi ba Wagner, baheruka gukora urugendo bashaka kujya mu murwa mukuru Moscow.

Hari nyuma yo kuvuga ko uyu mutwe wagabweho igitero n’abasirikare ba Leta, bigizwemo uruhare na Minisitiri w’Ingabo Sergei Shoigu na Gen Valery Gerasimov, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burusiya.

Bijyanye n’amasezerano yo guhagarika iyo myivumbagatanyo, ibirego kuri Prigozhin byari gukurwaho kandi akemererwa kujya muri Belarus.

Mu cyumweru kirenga gishize, Lukashenko yari yavuze ko Prigozhin yari yageze muri Belarus.

Icyo gihe kandi indege bwite y’uwo mukuru wa Wagner yari yabonywe iguruka yerekeza mu murwa mukuru Minsk wa Belarus, ku itariki ya 27 Kamena. Ntabwo ariko byari bizwi niba Prigozhin yari arimo.

Ariko kuri uyu wa Kane, Lukashenko yabwiye abanyamakuru ati “Ku bijyanye na Prigozhin, ari i St Petersburg. Ntari ku butaka bwa Belarus”.

Abarwanyi ba Wagner baheruka kubwirwa ko bashobora gushyira umukono ku masezerano abinjiza mu gisirikare gisanzwe cy’u Burusiya, kujya mu ngo zabo cyangwa kujya muri Belarus.

Mu byo yari yatangaje mbere, Lukashenko yavuze ko abacanshuro ba Wagner bahawe ikigo cya gisirikare kitari kigikoreshwa, mu gihe bari kuba bashatse gusangayo umukuru wabo.

Ku rundi ruhande, amakuru ava mu Burusiya avuga ko Progozhin yaba akomeje gukorwaho iperereza, ndetse ko urugo rwe rwasatswe hagasangwamo ibintu byinshi birimo imbunda, ibikoresho bishobora gufasha umuntu kwiyoberanya n’ibindi

You Might Also Like

Kigali : Umusore wo mu kigero cy’ imyaka 20 yiyahuriye ku nyubako izwi nko kwa Makuza ahita yitaba Imana

Ambasaderi Ernest Rwamucyo yatanze impapuro zimwerera guhagararira u Rwanda muri Kenya

Canal+ Rwanda yashyize igorora abakiliya bayo ibaha Poromosiyo ya Umukiliya n’umwami

Minisitiri Mutamba Constant yitabye ubushinjacyaha ashagawe n’abunganizi 20

Perezida Kagame yasuye ishuri rikuru ry’’ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano muri Algerie

Nsanzabera Jean Paul July 6, 2023 July 6, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Iyobokamana

Mufti w’u Rwanda yahaye umukoro abanyarwanda bagiye mu mutambagiro i Maka

May 28, 2025
Andi makuru

Umuvugizi wungirije wa M23 Dr Oscar Balinda yahakanye amakuru ku ifatwa rya Gen Omega

March 5, 2025
Imyidagaduro

Elton John yahishuye ko arembejwe n’Indwara yo kutabona

December 2, 2024
Imyidagaduro

Urukiko Rukuru rwatangaje itariki y’ubujurire mu rubanza rwa Prince Kid

January 31, 2023
Imikino

Mashami Vincent yahagaritswe na Police Fc abura amezi 6

January 8, 2025
Imyidagaduro

Imbuto Foundation yahembye abahize abandi mu irushanwa rya ArtRwanda-Ubuhanzi

December 7, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?