SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umwamikazi Annick wamenyekanye muri Miss Rwanda 2012 akomeje kwitwara neza mubanyamideli bo muri Turkiya
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Umwamikazi Annick wamenyekanye muri Miss Rwanda 2012 akomeje kwitwara neza mubanyamideli bo muri Turkiya
Imyidagaduro

Umwamikazi Annick wamenyekanye muri Miss Rwanda 2012 akomeje kwitwara neza mubanyamideli bo muri Turkiya

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/06/23 at 4:26 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umwamikazi Annick ni umwe mu bakobwa bamenyekanye cyane mu irushanwa rya  Nyampinga w’u Rwanda 2012 , ubu akaba asigaye  yibera mu gihugu cya Turkiya aho  akorera akazi ke k’ubunyamideli

Annick  w’imyaka 32 akomoka  mu i Kamembe  mu karere  ka Rusizi ,ubusanzwe yize  ibijyanye n’ubukerarugendo ariko ubu kaba yarihebeye ibijyanye no kumurika imideli  .

Mu kiganiro yagiranye na kimwe mu binyamakuru bya hano mu Rwanda Umwamikazi Annick yagitarangarije ko mu bwana bwe byari ibintu bigoye cyane kumvisha umuryango we  ibijyanye no kumurika imideli cyangwa ibindi byose bifite aho bihuriye  n’amarushanwa y’ubwiza  gusa kuko we byari mu nzozi ze nubwo yize  ubukerugendo   , ubwo yari asoje amasomo  ya Kaminuza  yagannye inzira yo  kumurika  imideli kandi nishimiye aho bingejeje  ubu .

Yagize Ati “Ubwo natangiraga kaminuza mu 2011 nagiye mu marushanwa ku ishuri nitwara neza, ndetse mu 2012 njya muri Miss Rwanda negukana ikamba ry’Igisonga cya kabiri mu Ntara y’Iburengerazuba.”

Umwamikazi afite imyaka 32, atunzwe no kumurika imideli muri Türkiye. We ntabwo akora imideli yo kugaragara mu birori by’imideli ahubwo yamamariza ibigo bitandukanye binyuze mu kwifotoza yambaye imyambaro yabyo. Ikindi akina filime ngufi.

Avuga ko yishimira aho uruganda rw’imideli mu Rwanda rugeze muri iki gihe.

Ati “Uruganda rw’imideli rumaze gutera imbere mu Rwanda. Maze iminsi mbona Abanyarwanda mu birori byo kumurika imideli nka Paris Fashion, London na New York Fashion Week; ni ibintu bikwereka ko abarurimo bataryama kandi bakora cyane.”

“Ikindi navuga abahanzi b’imideli babaye benshi bituma abantu bakangukira kwambara ibikorerwa mu Rwanda, n’abanyamahanga basigaye bambara imyambaro yahangiwe mu Rwanda; ni intambwe ikomeye kandi yo kwishimirwa.”

Avuga nk’Umunyarwandakazi umusanzu we ari ugukomeza guharanira guteza imbere imideli kandi ahari hose akagaragaza u Rwanda kuko ari yo ngobyi yamuhetse.

Mu bigo amaze gukorana na byo muri Türkiye harimo icyitwa Tango Fashion, Kazee, Bivalli, SheFly n’ibindi bitandukanye.

Umwamikazi yiyamamaza mu 2012 muri Miss Rwanda yari afite intego yo gufasha abana bo ku mihanda mu kubakorera ubuvugizi muri byose kugira ngo babashe kubona ubuzima bwiza ariko ntiyabashije kubigeraho kuko nta kamba na rimwe yegukanye.

Umwamikazi yagiye muri Türkiye mu 2014 ndetse yamaze kubona ubwenegihugu bwaho. Afite umwana w’umukobwa witwa Ecrin Keza Erdemirci yabyaranye n’umugabo ukomoka muri Türkiye babanye bakaza gutandukana mu 2018.

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul June 23, 2023 June 23, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

TMC wahoze muri Dream Boys ari i Kigali

December 4, 2023
Imyidagaduro

Bruce Melodie na Coach Gael biyemeje kugeza ikipe UGB kure muri Shampiyona

January 20, 2024
Imyidagaduro

Kompanyi ya The Promise Grp Ltd igiye gushyira hanze Igice cya Mbere cya Filime Hidden Truth

February 18, 2025
Imyidagaduro

Dir AB Godwin yashinze ishuri ryigisha indimi na Mudasobwa

June 21, 2024
Ubuzima

Inkomoko n’amateka y’umunsi wa St Valentin

February 14, 2023
Imyidagaduro

Diamond waraye I Kigali yakoze imyitozo muri BK Arena

August 12, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?