SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Kendall Jenner Yatangaje ko atishimira kuvukira mu muryango waba Kardashians
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Kendall Jenner Yatangaje ko atishimira kuvukira mu muryango waba Kardashians
Imyidagaduro

Kendall Jenner Yatangaje ko atishimira kuvukira mu muryango waba Kardashians

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/06/22 at 2:19 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umunyamideli Kendall Jenner yahishuye ko yicuza kuba yaravukiye mu muryango w’ibyamamare utarigeze umuha amahirwe yo gukora ibyo ashaka ndetse bigashyira ubuzima bwe mukaga.

Mu kiganiro cyihariye, Kendall Jenner yagiranye n’ikinyamakuru cy’imideli WSJ Magazine, yatunguye benshi ubwo yavugaga ko atishimira umuryango yavukiyemo. Yagize ati: “Mu byukuri ubu buzima bwo kuba imbere ya camera, guhora mu bitangazamakuru byatangiye ndi umwana muto.  Simbikunda ariko kandi nzi ko biterwa n’umuryango navukiyemo”.

Kendall Jenner umunyamideli uri mu binjiza agatubutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yagize byinshi avuga ku muryango avukamo w’aba Kardashians, avuga ko atishimiye kuwuvukiramo ndetse anagaragaza ingaruka byamugizeho.

Mu kiganiro cyihariye, Kendall Jenner yagiranye n’ikinyamakuru cy’imideli WSJ Magazine, yatunguye benshi ubwo yavugaga ko atishimira umuryango yavukiyemo. Yagize ati: “Mu byukuri ubu buzima bwo kuba imbere ya camera, guhora mu bitangazamakuru byatangiye ndi umwana muto.  Simbikunda ariko kandi nzi ko biterwa n’umuryango navukiyemo”.

Yakomeje agira ati: “Ntabwo nishimira kuba naravukiye mu muryango w’ibyamamare. Ntabwo nahawe amahirwe yo gukora ibyo nshatse. Kuvukira muri ba Kardashians ntayandi mahitamo uba ufite uretse kujya mu myidagaduro. Ndahamya ko ntari kuba umunyamideli iyo nza kuvukira ahandi. Ibi byose byabaye kuko aribyo bampitiyemo”.

Ubwo yabazwaga niba atarigeze ahitamo kuba umunyamideli, Kendall Jenner w’imyaka 27 yasubije ati: “Oya, ntabwo nifuzaga kuba umunyamideli. Ntabwo nahawe amahirwe yo guhitamo umwuga nkora ngirango abareba ikiganiro cy’umuryango wacu barabizi.”

Uyu munyamideli ukunda kugarukwaho cyane, yakomeje agaragaza ingaruka byamugizeho kuba yaravukiye mu muryango waba Kardashians. Yagize ati: “Kuva nkiri muto ntabwo nshobora kujya ahantu cyangwa gukora ikintu ntekanye.

Ati Mpora nkurikirwa n’abapaparazi kandi hari n’abantu bajya bantera iwanjye nkitabaza polisi. Ubuzima bwanjye buba buri mu kaga iyo ntagendanye n’abashinzwe kundinda. Urebye ibyo mvugwaho ku mbuga nkoranyambaga nabyo ibyinshi ni ibinca intege. Iyo nza guhitamo aho kuvukira nari guhitamo umuryango usanzwe”.

Kendall Jenner utishimira umuryango avukamo, ni umuvandimwe w’abanyamideli bazwi cyane barimo Kim Kardashian, Khloe Kardashian, Kourtney Kardashian hamwe na Kylie Jenner ari nawe bahuje Se. Ibi yabitangaje mu gihe amaze iminsi agarukwaho aho avugwa mu rukundo n’umuhanzi Bad Bunny ukomoka muri Puerto Rico.

You Might Also Like

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Nsanzabera Jean Paul June 22, 2023 June 22, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Bwiza ,Niyo Bosco ,Amag G ,Khalfan bagiye guhurira mu gitaramo cyiswe All Night Star .

January 22, 2024
Imyidagaduro

Danny Vumbi yakoreye i Musanze igitaramo cyo kumvisha abakunzi be alubumu ye yise 365

February 12, 2023
Imyidagaduro

Alliah Cool mubazahabwa ibihembo mu nama ya “100 Most Notable Peace Icons Africa”.

July 19, 2024
Andi makuruImyidagaduro

Menya ahantu 10 heza wasohokana n’umukunzi wawe muri Kigali kuri St Valentin

February 14, 2023
Imyidagaduro

Jay Z na Beyonce bakoze amateka bagura inzu ya kabiri ihenze muri Amerika yose

May 22, 2023
Imikino

Umusifuzi Twagirumukiza Abdul niwe uzasifura umukino w’ishiraniro wa APR FC na Rayon sports

October 26, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?