SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Dj Ira ari mu gahinda nyuma yo kubura umubyeyi we witabye Imana
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Dj Ira ari mu gahinda nyuma yo kubura umubyeyi we witabye Imana
Imyidagaduro

Dj Ira ari mu gahinda nyuma yo kubura umubyeyi we witabye Imana

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/06/13 at 4:47 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Iradukunda Grace Divine [DJ Ira], umwe mu bakobwa bamaze kubaka izina rikomeye mu mwuga wo kuvanga imiziki mu Rwanda, ari mu gahinda gakomeye ko gupfusha umubyeyi we Mbonimpa Juvénal.

Se wa Dj Ira yitabye Imana mu ijoro rya tariki 12 Kamena 2023, yari afite imyaka 67. Kugeza ubu ntiharatangazwa icyamuhitanye.

Mu butumwa uyu mukobwa yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga yashimiye umubyeyi we kuri buri kimwe cyose yamukoreye akiriho, amusaba guhora amureberera mu nzira zose acamo.

Yanditse agira ati “Warakoze kuri buri kimwe cyose Data, nzi ko uzahora undeberera nk’uko na we uhorana na malayika murinzi. Ndagukunda cyane.”

Ni ubutumwa bwari buherekejwe n’amashusho ya DJ Ira ari kumwe n’uyu mubyeyi we mu bitaro.

DJ Ira ni umwe mu bahanga mu kuvanga imiziki, umwuga yatangiye mu 2016 abifashijwemo na mubyara we Dj Bissosso wamufashije kuzamuka no kumenyekana mu Rwanda.

DJ Bissosso yinjije DJ Ira i Kigali muri Kanama 2015 avuye i Burundi ubwo yari arangije amashuri yisumbuye.

DJ Ira ngo yatangiye kwifuza gukora nk’ibya mubyara we akiri muto gusa abo mu muryango baramwangira bamusaba ko yazabyinjiramo arangije kwiga.

Nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye nibwo yatangiye kwihugura kuri uyu mwuga akunda , ubu akaba ari umwe mu ba DJs bacuranga mu bitaramo bikomeye mu Rwanda

 

You Might Also Like

The Ben Agiye guhurira mu gitaramo kimwe n’abarimo Diamond Platnumz,Bebe Cool na Eddy Kenzo muri Uganda

RIB yaburiye abanyamakuru bashobora kwisanga mu cyaha mu kibazo cya Bishop Gafaranga

Urubanza rwa Bishop gafaranga rwaburanishirijwe mu muhezo

Sherrie Silver yashenguwe n’ihohoterwa rikorerwa umwana afasha yiyemeza kumuvuza

Maurix Baru yateguye ibitaramo yise “Karahanyuze Summer Tour”azakorera muri Canada

Nsanzabera Jean Paul June 13, 2023 June 13, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Utuntu n'utundi

Ramaphosa yarahiriye kongera kuyobora Afurika y’Epfo

June 19, 2024
Andi makuru

RDF igiye gushinga Kaminuza ya Gisirikare (National Defense University)

May 14, 2024
Imikino

Winner Bet Rwanda yahize izindi mu bihembo bya Service Excellence Awards

November 29, 2024
Imikino

Robinho yakatiwe gufungwa imyaka icyenda

March 21, 2024
Imyidagaduro

Dj Ira yamaze guhabwa Ubwenegihugu bw’u Rwanda

April 16, 2025
Imikino

Dani Alves yakatiwe gufungwa

February 22, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?