SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Innoss’B yanze kuvuga nabi u Rwanda akebura abarugize urwitwazo ku bibazo bya RDC
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Innoss’B yanze kuvuga nabi u Rwanda akebura abarugize urwitwazo ku bibazo bya RDC
Imyidagaduro

Innoss’B yanze kuvuga nabi u Rwanda akebura abarugize urwitwazo ku bibazo bya RDC

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/05/23 at 12:06 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Innocent Didace Balume wamamaye nka Innoss’B muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo no hanze yayo yasabye abanye-Congo kwishakamo ibisubizo by’ibibazo byabo aho gukomeza kubyegeka ku Rwanda barushinja gutera inkunga umutwe wa M23.

Uyu muhanzi w’icyamamare muri Congo yakoze ibihabanye n’inzira ya bamwe mu bahanzi bo muri iki gihugu barimo Gims, Fally Ipupa n’abandi bamagana u Rwanda barushinja gutera inkunga M23 imaze igihe kinini irwanira mu Burasirazuba bwa Congo.

Innoss’B uvuka mu mujyi wa Goma ibi yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa 19 Gicurasi 2023 avuga ko atemeranya n’abakoresha imvugo ya ’Rwanda is killing’’ bishatse kuvuga ngo ’u Rwanda ruri kwica’.

Uyu muhanzi asanga iyi mvugo idakwiye kuko ari ikimenyetso cyo kwerekana intege nke z’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).

Ati “Abantu benshi bakoresha imvugo ya ’Rwanda is killing’’ ntabwo nemerenya n’izi nkuru zabo, sinshobora no kwandika ibyo bintu kuko dukwiye kumva ko ari inshingano zacu twese bitabaye ibyo twemere ko turi abanyantege nke, nta ngabo zishobora kuturwanirira dufite.”

Uyu muhanzi yasabye ubuyobozi bw’igihugu kureka kwihunza inshingano bugafata iya mbere bugakemura ibibazo biri mu Burasirazuba bwa Congo.

“Nta masomo mfite yo guha ibihugu duturanye, ahubwo ndasaba guverinoma yacu gushakisha ibisubizo bigarura amahoro mu Burasirazuba n’Amajyaruguru ya Congo.”

Innoss’B yasabye urubyiruko rutuye mu burasirazuba bwa Congo gukoresha umutimanama kugira ngo rushobore gutsinda intambara iri kuba.

Uyu muhanzi afite ibitaramo mu mujyi wa Goma yise ‘Umoja Njo Amani’ ku wa 1 Nyakanga 2023 na 30 Kamena 2023, bigamije gukusanya inkunga yo gufasha abakuwe mu byabo n’intambara.Abanye-Congo bamaze igihe kinini bamagana u Rwanda bavuga ko rufasha umutwe witwaje intwaro wa M23.

Mu gihe umwuka uri hagati y’u Rwanda na Congo udahagaze neza Innoss’B niwe muhanzi wo muri iki gihugu uherutse gukorana indirimbo n’Umunyarwanda Bruce Melodie bise ‘A l’aise’ yasohotse ku w a 16 Nzeri 2022.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul May 23, 2023 May 23, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Volodymyr Zelensky ntarikuvuga rumwe na Vatican yasabye ko bamanika amaboko

March 11, 2024
Andi makuru

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

May 30, 2025
Andi makuru

Perezida Kagame yayoboye Inama nkuru ya gisirikare

November 15, 2023
Ikoranabuhanga

Inteko ishinga amategeko ya USA yatoye itegeko rikomanyiriza TIK TOK

March 8, 2024
Andi makuru

Ibyishimo mu muryango wa Knowless na Clement bizihije imyaka 8 babana banakira inka bagabiwe na Perezida Kagame

August 7, 2024
Andi makuru

Domitien Ndayizeye yagizwe intumwa yihariye ya OIF muri Haiti

October 8, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?