SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Kim Kardashian ntiyorohewe no kurera abana yabyaranye na Kanye West batari kumwe
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Kim Kardashian ntiyorohewe no kurera abana yabyaranye na Kanye West batari kumwe
Imyidagaduro

Kim Kardashian ntiyorohewe no kurera abana yabyaranye na Kanye West batari kumwe

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/05/23 at 12:06 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Kimberly Noel Kardashian yagaragaje ko atorohewe no kurera abana yabyaranye na Kanye West mu gihe batandukanye, avuga ko ari kimwe mu bintu bimukomereye yahuye nabyo mu buzima bwe.

Uyu mugore w’imyaka 42 yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Podcast yitwa “On Purpose with Jay Shetty”.

Ati “Hari amajoro ndira nabuze ibitotsi. Buri wese avuga ko iminsi iba miremire ariko imyaka ikaba migufi, ariko njye si ko mbibona.”

Yakomeje avuga ko kumenya gutegura ukuntu urera abana buri munsi bituma wumva utewe ishema nawe ubwawe.

Yavuze ko kurera abana mu bihe bya COVID-19 biri mu bihe byamukomereye cyane.

Ati “Hari amajoro utabasha gufura umusatsi wawe nk’umubyeyi […] wambaye imyambaro yo kurarana imwe igihe kinini, nyine cyane byambayeho mu bihe bya COVID-19.’’

Mu Ugushyingo umwaka ushize Kanye West (Ye) yahawe gatanya mu buryo bwemewe n’amategeko , asabwa kwishyura indezo kwa Kim Kardashian ingana n’ibihumbi 200 by’amadorali ya Amerika, ni ukuvuga asaga miliyoni 200 Frw.

Ibi byabaye nyuma ya gatanya yasabwe na Kim Kardashian w’imyaka 42 muri Gashyantare 2021 nyuma y’imyaka irindwi bakoze ubukwe.

Indezo Kanye West yasabwe izajya yishyura ½ cy’ikiguzi cy’ubuvuzi , amashuri n’umutekano w’abana be yabyaranye na Kim Kardashian.

Muri Gashyantare 2021 mbere y’uko Kim Kardashian asaba gatanya yavuze ko yari yasabye Kanye West ko batandukana mu ibanga, ariko Kanye West agakomeza gushyira hanze amabanga y’urugo rwabo bituma yaka gatanya kugira ngo abe ingaragu mu buryo bwemewe n’amategeko abone uko akira ibikomere yatewe n’uyu mugabo.

Mu Ukuboza umwaka ushize Kim Kardashian yasutse amarira ubwo yari abajijwe uko arera abana bane babyaranye, nyuma yo gutandukana.

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul May 23, 2023 May 22, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Bwiza na Okkama babuze ibyangobwa byo gutaramira iburayi

March 2, 2023
Imyidagaduro

Kanye West (Ye )yikomye abahanzi banze kugira icyo bavuga kwifungwa rya P Diddy

February 7, 2025
Imyidagaduro

Itsinda rya B2C ryageze I Kigali aho ryaje kwitabira igitaramo cya Kigali Jazz Junction

February 23, 2023
Andi makuruImikino

Lionel Messi akomeje gushimisha ibyamamare kuva yagera muri Inter Miami

July 26, 2023
Imikino

Bizimana Djihad azakina Europa League

May 17, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yagize Maj Gen Alex Kagame Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, naho Maj Gen Andrew Kagame agirwa Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere

October 15, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?