SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Sintex yatawe muri yombi azira ibiyobyabwenge
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Sintex yatawe muri yombi azira ibiyobyabwenge
Imyidagaduro

Sintex yatawe muri yombi azira ibiyobyabwenge

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/05/08 at 10:03 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Hafashwe na none Uwambajimana Valentine ukurikiranyweho gucuruza ibiyobyabwenge nyuma yo gufatanwa udupfunyika 889 tw’urumogi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko abafashwe batawe muri yombi mu matariki ya 3-5 Gicurasi 2023.

Yakomeje avuga ko bafatiwe mu bice bitandukanye aho batuye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gatenga, Akagari ka Gatenga ndetse no mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Nyamirambo, Akagari ka Kivugiza, Umudugudu w’Amizero.

Abafashwe bose bafungiye kuri Sitasiyo za RIB zirimo iya Kacyiru, Kicukiro na Gikondo mu gihe dosiye zabo zikiri gutunganywa kugira ngo zishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Ibisubizo by’ibizamini bafashwe byagaragaje ko Sintex, Mukunzi Vivens ukinira Gorilla FC, Navy Amaru bafite igipimo kiri hejuru cy’ibiyobyabwenge by’urumogi mu mibiri yabo ari nabyo byatumye bari gukurikiranwa mu butabera.

Aba batatu baramutse bahamijwe n’Urukiko icyaha cyo kunywa ibiyobyabwenge bahanwa n’ingingo ya 11 y’itegeko nimero 69/2019 ryo ku wa 8 Ugushyingo 2019 rihindura nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Iri tegeko rivuga ko uhamijwe iki cyaha ahabwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri cyangwa imirimo y’inyungu rusange.

Uwambajimana Valentine ukurikiranyweho gucuruza ibiyobyabwenge nyuma yo gufatanwa udupfunyika 889 tw’urumogi we aramutse ahamijwe iki cyaha n’Urukiko yahanwa n’ingingo ya 11 y’itegeko nimero 69/2019 ryo ku wa 08 Ugushyingo 2019 rihindura itegeko nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Ivuga ko aramutse agihamijwe yahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 20 Frw ariko atarenze miliyoni 30 Frw.

Dr Murangira B. Thierry yibukije abaturarwanda ko urumogi ruri mu bwoko bw’ibiyobyabwenge bihambaye, bityo ibihano byarwo nabyo bikomeye cyane.

Yongeyeho kandi ko u Rwanda rwungutse Laboratwari y’Igihugu y’Ibimenyetso bishingiye ku Bumenyi n’Ubuhanga bikoreshwa mu Butabera RFL (Rwanda Forensic Laboratory) ipima ibiyobyabwenge mu buryo bwihuse bikagaragara ko umuntu anywa urumogi ndetse ikagaragaza n’ikigero urunywa afite mu maraso.

RIB yavuze ko itazihanganira uwo ari we wese uzafatwa anywa cyangwa acuruza ibiyobyabwenge ibyo ari byo byose kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul May 8, 2023 May 8, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Kagame yakiriye Davido muri Village Urugwiro

August 18, 2023
Iyobokamana

Abagize Alarm Ministries bishimiye isabukuru y’imyaka 25 bamaze mu ivugabutumwa

August 4, 2024
Imyidagaduro

Chriss Eazy agiye gutaramira muri Zambia

June 22, 2023
Imyidagaduro

Ilead Rwanda ikomeje gutyaza urubyiruko rw’u rwanda kuzavamo abayobozi beza

February 3, 2024
Imikino

RIB yasabye Sam Karenzi Na Muramira Regis kureka intambara zabo z’amagambo Atari meza

May 15, 2025
Imyidagaduro

DopeDee Entertainment ya DJ Diddyman yasinyishije Annie Mutoniwase ukora indirimbo zo kuramya

February 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?