SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umusizi Rumaga yafunguye isomero ry’ibitabo kuri murandasi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Umusizi Rumaga yafunguye isomero ry’ibitabo kuri murandasi
Andi makuru

Umusizi Rumaga yafunguye isomero ry’ibitabo kuri murandasi

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/05/08 at 6:17 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umusizi Rumaga Junior wa Nsekanabo uri mu bari kwigaragaza neza muri iki gihe, yatangiye gufasha abantu gusoma ibitabo binyuze mu isomero ryo kuri internet yatangije.

 

Uyu musizi yatangaje ko yatangije uru rubuga ruriho ibitabo byo gusoma n’ibindi yise ‘Libraire Siga Rwanda’.

Rumaga aganira yari aherutse gutangaza ko yahisemo gushyiraho uru rubuga nyuma y’uko yari amaze igihe abantu bamusaba aho bakura ibijyanye n’amateka y’u Rwanda.

Yavuze ko yagiye ahura n’abantu banyuranye, bamubaza inkomoko y’amateka akunze kwibandaho mu bisigo bye, uko n’abo babimenya byisumbuyeho n’ibindi.

Ati “Nari maze igihe kinini abantu bambaza, abandi bansaba aho bakura ibitabo byo gusoma, twashyizeho rero uburyo bworohereza abakunzi, abasomyi n’abanditsi, aho ushobora gukura ibitabo by’umwihariko ibivuga ku mateka biboroheye kuri telefoni cyangwa kuri mudasobwa bigendanwa.”

Uyu musizi avuga ko ibi bitabo bashyira kuri uru rubuga byanditswe n’abantu banyuranye, kandi buri wese aho ari ku Isi hose yabibona, yaba ibiri kuri internet (soft copy) ndetse n’ibindi bifatika (hard copy).

Ati “Ubu bikugeraho aho uri hose mu isi mbisi. Guhera uyu munsi twatangiye gushyiraho ibitabo.”

Rumaga avuga ko uru rubuga ruzafasha abanditsi kubona aho bagurishiriza ibihangano byabo.

Uyu musizi avuga ko mu gihe kiri imbere agiye gufungura ahantu hihariye abantu bashobora gusanga ibitabo by’amoko anyuranye, aho ateganya gukorera Kicukiro Silverback.

Rumaga yavutse ku wa Gatandatu, tariki 3 Nyakanga 1999. Ariko iyo ajya kubara imyaka ye yongeraho n’amezi icyenda yamaze mu nda umubyeyi we amutwite. Avuka mu muryango w’abana batatu akaba ubuheta muri bo.

Yigeze kubwira IGIHE ko izina Rumaga yaryiswe na sekuru akiri muto yakwinjira mu busizi nk’umwuga rero agahitamo kuryubura, kuko mu buto bwe abenshi bari bamuzi nka Junior. Uyu musore yatangiye ubusizi akiri muto, ariko atangira kubwinjiramo ku mugaragaro ku wa 3 Kamena 2019.

Mu basizi afatiraho urugero harimo Bahati Innocent Mussa wamamaye nka Rubebe; mu batakiriho uwo yigiraho barimo Alex Kagame.

Iyo abajijwe aho akura amagambo akoresha akomeye ndetse niba hari umuntu ujya umufasha kwandika, yavuze ko ntawe.

Uyu musore yavukiye Umutakara na Nyamagana kwa Nangingare mu Ruhango. Nyuma umuryango uza kwimukira mu Marangara i Muhanga ari naho uyu munsi uba. Gusa uyu musore akaba aba i Kigali.

Amashuri abanza yayize mu Rwunge Rwisunze Mutagatifu Dominiko i Mbuye (URG) mu Ruhango, icyiciro cya mbere cy’ayisumbuye akiga mu Iseminari nto y’i Kansi, icya Kabiri cy’ayisumbuye akiga mu Rwunge rw’abisunze Mutagatifu Yozefu mu Birambo bya Gashari aho yize Ubugenge, Ubutabire n’Ibinyabuzima (PCB). Yasoje amashuri yisumbuye mu 2017. Yize mu Kigo Nderabarezi Ubumenyamuntu n’Ubugororangingo.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul May 8, 2023 May 7, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Kwibuka29 :Perezida Kagame na Madamu bacanye urumuri rw’icyizere rutangiza icyunamo cy’iminsi 100

April 7, 2023
Imyidagaduro

Belgique :Umunyarwanda Nikhan yateguje amashusho y’indirimbo ziri kuri EP ye yise 1.2.3.4

June 10, 2024
Andi makuru

Sudan y’epfo : ibintu bikomeje kuba bibi nyuma yigotwa ry”urugo rwa Riek Mashar

March 6, 2025
Imyidagaduro

Bobi Wine yarusimbutse nyuma yo kuraswa mu kaguru na polisi

September 3, 2024
Iyobokamana

Minisitiri w’intebe w’ubutaliyani Georgia Meloni yemeje ko Papa Francis ameze neza

February 21, 2025
Imyidagaduro

Ibyishimo bya Dady de Maximo nyuma yo kwakirwa na Papa Francis

June 30, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?