SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umunyarwenya Mazimpaka Japhet agiye gukora igitaramo cye cya kabiri
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Umunyarwenya Mazimpaka Japhet agiye gukora igitaramo cye cya kabiri
Imyidagaduro

Umunyarwenya Mazimpaka Japhet agiye gukora igitaramo cye cya kabiri

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/05/05 at 1:09 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umunyarwenya Mazimpaka Japhet wamamaye mu Itsinda rya ‘Bigomba Guhinduka’ yateguye igitaramo cy’urwenya cyagutse kizagaragaramo n’umwe mu batera urwenya bagezweho muri Afurika atigeze yifuza guhita avuga amazina.

Iki gitaramo cyiswe ‘The Up Coming Diaspora’ uyu musore agiye kugikora nyuma y’ikindi gito yari yakoze yise ‘Stupid Experience’ ubwo yashakaga kugerageza ubushobozi bwe mu gukora ibitaramo nk’ibi wenyine.

Iki gitaramo cyitabiriwe n’abantu bake yari yatumiye ari nacyo cyaje kumubyarira amahirwe yo gutumirwa mu bitaramo bitandukanye hanze y’u Rwanda nko muri Nigeria na Kenya.

Ibi byamweretse ko afite ubushobozi bwo gukora igitaramo ari wenyine, niko guhita yihutisha gahunda yari yaragize yo gukora ikindi cyagutse, yahuriramo n’abandi batandukanye.

Nubwo hazagararamo abanyarwenya batandukanye ariko umwanya munini uzafatwa na na Mazimpaka Japhet, kugira ngo yereke abakunzi be ubuhanga afite mu gutera urwenya ari wenyine.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’umunyamkauru wa  Ahupa Radio  yamutangarije ko yateguye igitaramo gito agira ngo yisuzume nyuma yo kubona ko afite ubushobozi ategura icyagutse kandi ko abazacyitabira bazabona ubushobozi bwe.

Ati “Nakoze ‘Stupid Experience’ ari ukugerageza ubushobozi bwanjye no kureba uko bimeze no kwigaragaza ko nshobora gukora ndi njyenyine. Nabonye ko mbishoboye ndavuga ngo reka nkore igitaramo kinini.”

Yakomeje ati “Muri iki gitaramo abantu bazabona ubuhanzi bwa Mazimpaka bwose babone ngo nshoboye iki mu rwenya, icyo gihe nibwo bazabona njyewe wa nyawe kuko nicyo gihe nzatanga ibintu byose mfite.”

Mazimpaka yavuze ko yise iki gitaramo cye ‘The Upcoming Diaspora’ kuko yari amaze iminsi akorera hanze akagaruka mu Rwanda, bisobanuye ko washakira ubushobozi hanze ariko ugakomeza kugaruka mu gihugu cyawe.

Abantu benshi iyo babonye ibikorwa bya Mazimpaka ku giti cye hari ubwo batekereza ko itsinda rya ‘Bigomba Guhinduka’ rishobora kuba riri mu marembera.

Uyu musore yavuze ko iri tsinda rigihari ahubwo bari kwagura impano ku giti cyabo.

Ati “Bigomba Guhinduka irahari kandi cyane, 5K arahari nk’umunyarwenya ku giti cye kandi ugomba gukora ibintu byiza. Nanjye nka Japhet namaze kubona ko bishoboka gushyira u Rwanda ku rwego mpuzamahanga.”

‘The Up Coming Diaspora’ ni igitaramo cyizabera mu Mujyi wa Kigali aho cyizabera n’amateriki n’abandi banyarwenya bazacyitabira bazatangazwa mu minsi ya vuba.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul May 5, 2023 May 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Igitaramo cyiswe ‘Sober Night’ cyatewe inkunga n’ikinyobwa cya Maltona cyitabiriwe mu rwego rushimishije

December 24, 2024
Imyidagaduro

Naira Marley ukekwaho urupfu rwa Mohbad yatawe muri yombi

October 4, 2023
Imyidagaduro

Bwiza agiye gutaramira i Burayi mu gitaramo azahuriramo na Riderman na Christopher i Lyon

March 17, 2023
Andi makuru

Umugore wo muri Nijeriya yakwepye umugabo we ku munsi w’ubukwe bwe

January 7, 2025
Andi makuru

Umuyobozi wa UNMISS yashimye ingabo z’u Rwanda zikorera Juba

March 12, 2025
Andi makuru

Guverinoma ya Burkina Faso yahagaritse Jeune Afrique

September 27, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?