Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi ariko akaza gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha bitandukanye, agiye kugezwa imbere y’ubutabera.
Amakuru dukesha Ijwi ry’Amerika avuga ko Alain Guillaume Bunyoni aragezwa imbere y’ubutabera kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata, akabazwa ku byaha bitandukanye ashinjwa birimo no gusebya Umukuru w’Igihugu no gukodesha Minisiteri y’Umutekano inzu ze mu buryo butemewe.
Uyu mugabo ashinjwa kandi guhungabanya umutekano w’igihugu, guhungabanya ubutunzi bw’igihugu n’ibyaha by’iyezandonke.
Muri uku kwezi kwa Mata nibwo Ubushinjacyaha bukuru mu Burundi bwemeje ko bwataye muri yombi Gen Alain Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe wari umaze iminsi ashakishwa n’inzego z’umutekano.
Bunyoni yari amaze iminsi ashakishwa n’ubugenzacyaha ngo abazwe ku makuru akekwaho kuba afite ku byaha byakozwe. Ikirego cyatanzwe tariki 17 Mata 2023 ariko abashinzwe umutekano bagiye gusaka iwe baramubura.
Ubushinjacyaha mu itangazo bwashyize hanze kuri iki Cyumweru, bwavuze ko Bunyoni yafashwe kuwa Gatanu tariki 21 Mata 2023, afatirwa mu gace ka Nyamuzi mu majyepfo y’u Burundi aho yari yihishe.
Hashize amezi umunani Bunyoni akuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, yagiyeho muri Kamena 2020, nyuma yo gushwana na Perezida Evariste Ndayishimiye wamushinjaga gushaka kumuhirika ku butegetsi.