SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Burundi: Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe agiye kujyanwa mu bushinjacyaha
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Burundi: Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe agiye kujyanwa mu bushinjacyaha
Andi makuru

Burundi: Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe agiye kujyanwa mu bushinjacyaha

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/04/27 at 9:57 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi ariko akaza gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha bitandukanye, agiye kugezwa imbere y’ubutabera.

Amakuru dukesha Ijwi ry’Amerika avuga ko Alain Guillaume Bunyoni aragezwa imbere y’ubutabera kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata, akabazwa ku byaha bitandukanye ashinjwa birimo no gusebya Umukuru w’Igihugu no gukodesha Minisiteri y’Umutekano inzu ze mu buryo butemewe.

Uyu mugabo ashinjwa kandi guhungabanya umutekano w’igihugu, guhungabanya ubutunzi bw’igihugu n’ibyaha by’iyezandonke.

Muri uku kwezi kwa Mata nibwo Ubushinjacyaha bukuru mu Burundi bwemeje ko bwataye muri yombi Gen Alain Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe wari umaze iminsi ashakishwa n’inzego z’umutekano.

Bunyoni yari amaze iminsi ashakishwa n’ubugenzacyaha ngo abazwe ku makuru akekwaho kuba afite ku byaha byakozwe. Ikirego cyatanzwe tariki 17 Mata 2023 ariko abashinzwe umutekano bagiye gusaka iwe baramubura.

Ubushinjacyaha mu itangazo bwashyize hanze kuri iki Cyumweru, bwavuze ko Bunyoni yafashwe kuwa Gatanu tariki 21 Mata 2023, afatirwa mu gace ka Nyamuzi mu majyepfo y’u Burundi aho yari yihishe.

Hashize amezi umunani Bunyoni akuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, yagiyeho muri Kamena 2020, nyuma yo gushwana na Perezida Evariste Ndayishimiye wamushinjaga gushaka kumuhirika ku butegetsi.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

TAGGED: Bunyoni alain Guillaume
Nsanzabera Jean Paul April 27, 2023 April 27, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

RIB yataye muri yombi umugore uherutse guhohotera umwana arera akamukomeretsa

April 13, 2023
Imyidagaduro

Umuhanzi Big Eye yatangaje ko azongera kwemera akazi umwaka utaha kubera Bobi Wine

November 8, 2023
Imyidagaduro

Abaraperi Nyarwanda mu byishimo byinshi nyuma yo guhura na Kendrik Lamar

December 6, 2023
Imikino

“Argentine irashaka umutoza ufite imbaraga nyinshi kandi umeze neza”: Lionel Scaloni

November 23, 2023
Ikoranabuhanga

Umupfumu Salongo agiye gusezerana n’umukunzi we Joselyne

November 7, 2023
Imikino

CAF igiye gusuzuma ikibuga cya Huye!

December 6, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?