SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ibitaramo bya Gen-Z Comedy byahinduriwe aho bizajya bibera
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Ibitaramo bya Gen-Z Comedy byahinduriwe aho bizajya bibera
Imyidagaduro

Ibitaramo bya Gen-Z Comedy byahinduriwe aho bizajya bibera

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/04/26 at 9:55 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Ibitaramo by’urwenya bihuza abanyarwenya batandakunye n’ababarizwa muri sosiyete ya Generation Z yashinzwe na Ndaruhutse Merci [Fally Merci] bigarukanye impinduka irimo no kwimura aho byaberaga.

Ibi bitaramo biba inshuro ebyiri mu kwezi nyuma y’igihe byari bimaze bibera kuri Art Rwanda Ubuhanzi Incubation Center ku Kimihurura ubu bigiye kujya bibera Mundi Center(Rwandex).

Ikindi cyongerewe muri ibi bitaramo ni ikiganiro (Talk Show) gihoraho cy’iminota 15 kiyoborwana n’umunyarwenya Fally Merci aho azajya yakira abantu batandukanye baganiriza urubyiruko ruba rwitabiriye ibi bitaramo.

Ndaruhutse Merci aganira na IGIHE yatangaje ko bahisemo guhindura aho bakoreraga kubera ubwinshi bw’abantu bari basigaye bitabira ibi bitaramo bakabura aho bajya.

Ati “Gen z Comedy Show twayishyize Mundi Center (Rwandex) kuko hagutse kurusha aho twakoreraga, ni murwego rwo kwagura ibikorwa byacu gusa ibindi byo nk’amahugurwa y’abanyarwenya n’ibindi biracyari mu Rugando kuri Art Rwanda.”

“Dufite n’umutumirwa mu gace twise Meet Me Tonight n’ikiganiro tuzajya dukora aho dutumira umuntu tukaganira ku nsanganyamatsiko tuba dufite n’abitabiriye bakaba bamubaza ibibazo.”

“Aha dutumira umuntu ufite ibyo akora ku buryo n’abandi bamwigiraho akadusangiza ku bumenyi n’inama z’ubuzima.”

Kuri iyi nshuro Fally Merci azakira Intwari Christian washinze Umuryango “Our Past Initiative” ukora ibikorwa bitandukanye harimo n’ibiganiro bigaruka ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni mu minsi 100.

Igitaramo cya mbere cya Gen-z Comedy kizabera Mundi Center giteganyinjwe ku wa 4 Gicurasi 2023.

Abazacyitabira bazataramirwa n’abanyarwenya barimo Herve kimenyi, Fred Rufendeke , Taikun Ndahiro, Muhinde, Admin, Kadudu n’abandi.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul April 26, 2023 April 26, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umuhanzikazi sheebah yasubiye muri Uganda nyuma yo kubyara

March 11, 2025
Imikino

Ikipe ya Yanga Africans itsinze Simba mu buryo bugayitse

November 5, 2023
Andi makuru

Dr. Tedros uyobora OMS yageze mu Rwanda

October 19, 2024
Andi makuru

FPR Inkotanyi ni umuryango w’abanyarwanda si Ishyaka Gasamagera Wellars

June 4, 2024
Imikino

Ishyirahamwe rya Ruhago muri Tanzania (TFF) ryirukanye Umutoza .

January 20, 2024
Imyidagaduro

Bwiza ,Niyo Bosco ,Amag G ,Khalfan bagiye guhurira mu gitaramo cyiswe All Night Star .

January 22, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?