SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame na Madamu bakoreye ibirori by’isabukuru Gen Muhoozi Kainerugaba
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Kagame na Madamu bakoreye ibirori by’isabukuru Gen Muhoozi Kainerugaba
Andi makuru

Perezida Kagame na Madamu bakoreye ibirori by’isabukuru Gen Muhoozi Kainerugaba

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/04/25 at 10:16 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

 

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza Gen Muhoozi Kainerugaba, mu isangira ryo kumwifuriza isabukuru nziza y’amavuko.

Gen Muhoozi ari i Kigali kuva ku Cyumweru nk’uko yari aherutse kubitangaza ko isabukuru ye y’imyaka 49 azayizihiriza mu Rwanda, mu gishimangira umubano mwiza uri hagati y’ibihugu byombi no kwishimira ko byawuvuguruye mu minsi mike ishize.

Ubutumwa bwatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu buvuga ko Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye Gen Muhoozi n’itsinda rye mu birori byo kumwifuriza isabukuru nziza.

Gen Muhoozi ari mu Rwanda hamwe na Minisitiri w’Ubutabera wa Uganda, Norbert Mao; Minisitiri w’Umutekano, Maj Gen (Rtd) Jim Muhwezi, Umuvugizi w’Ibikorwa bya Gen Muhoozi binyuzwa mu kizwi nka MK Movement, Andrew Mwenda n’abandi.

Amafoto yashyizwe hanze agaragaza Perezida Kagame, Madamu Jeannette Kagame n’abandi bitabiriye ibyo birori, bari gukomera amashyi Gen Muhoozi, imbere ye hari umutsima w’isabukuru.

Ibirori biheruka byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 48 ya Gen Muhoozi byabereye i Kampala byitabirwa na Perezida Paul Kagame. Rwari uruzinduko rwa mbere yari agiriye i Kampala mu gihe cy’imyaka igera kuri itatu.

Gen Muhoozi ashimirwa ko yagize uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda wari warazambye, bikagera n’aho ingendo ze ebyiri i Kigali ziba ipfundo ryo gufungura imipaka hagati y’impande zombi.

 

You Might Also Like

Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Algeria (Amafoto)

Uganda : Ingabo za UPDF zaburijemo igitero cy’iterabwoba I Munyonyo hagwa babiri

Martin Fayulu udacana uwaka na Tshisekedi biyemeje gufatanya kurwanya Joseph Kabila

I Kigali hateraniye inama itegura ibikorwa by’ingabo za EAC biteza imbere abaturage

RIB yasabye abanyarwanda kwirinda ababashukisha akazi keza mu mahanga bizezwa ubuzima bwiza

Nsanzabera Jean Paul April 25, 2023 April 25, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Umugaba Mukuru w’ingabo za Senegal ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda

May 7, 2024
Imyidagaduro

Bwiza ,Niyo Bosco ,Amag G ,Khalfan bagiye guhurira mu gitaramo cyiswe All Night Star .

January 22, 2024
Andi makuruUbuzima

Urwandiko rwa UMUHIRE CHRISTELLA rusaba guhinduza amazina

April 6, 2023
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yunamiye Papa Francis witabye Imana

April 22, 2025
Andi makuru

Ambasaderi Martin Ngoga yashyikiriye Umunyamabanga mukuru wa Loni impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda

May 23, 2025
Imyidagaduro

Humble Jizzo na Murumuna we Famous Sogokuru bashyize hanze indirimbo ivuga Ubutwari bwa Papa wabo witabye Imana

July 6, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?