SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: #Kwibuka29 : Polisi y’u Rwanda irizeza umutekano mu bihe byo kwibuka
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > #Kwibuka29 : Polisi y’u Rwanda irizeza umutekano mu bihe byo kwibuka
Andi makuru

#Kwibuka29 : Polisi y’u Rwanda irizeza umutekano mu bihe byo kwibuka

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/04/07 at 8:02 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye muri iki gihe twinjiyemo cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Kuva ku wa Gatanu tariki ya 7 Mata, abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda hirya no hino ku Isi baratangira icyumweru cyahariwe kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi; aho abasaga miliyoni bishwe bazira akarengane mu gihe cy’iminsi ijana gusa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, yavuze ko ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano, biteguye neza gucunga umutekano w’ahazabera ibikorwa byo kwibuka by’umwihariko, ndetse n’uw’Igihugu cyose muri rusange.

Yagize ati: “Igihe twinjiyemo ni igihe gikomeye cyo kwibuka no guha icyubahiro ababuze ubuzima mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi. Turizeza abaturarwanda ko barinzwe kandi ko ibikorwa bijyanye no kwibuka bizaba mu mutekano usesuye.”

Yakomeje asaba abaturage kurangwa n’imyitwarire myiza, bakirinda amagambo apfobya Jenoside yakorewe abatutsi no kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati: “Iki gihe cyo kwibuka ni umwanya wo gushyigikira no kwihanganisha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, icyo dusaba buri wese ni ukwirinda amagambo asesereza, abiba inzangano no gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi ndetse no gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside haba mu biganiro bisanzwe cyangwa ku mbuga nkoranyambaga.”

Yashishikarije abaturage kwamagana no kwihutira gutanga amakuru mu gihe bumvise cyangwa babonye ibikorwa bijyanye n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibigamije gutiza umurindi urwango n’amacakubiri bahamagara Polisi kuri 112 cyangwa 0788311155.”

CP Kabera kandi yibukije ko mu cyumweru cy’icyunamo ibikorwa birimo ibirori by’ibyishimo bihuza imbaga y’abantu, ubukwe n’imihango ijyanye nabwo n’umuziki utajyanye no kwibuka mu tubari, aho bafatira amafunguro n’ahandi hahurira abantu benshi bibujijwe.

Mu bindi bibujiwe harimo imikino y’amarushanwa n’iy’amahirwe, kwerekana imipira, ibitaramo mu tubari no mu tubyiniro, iby’urwenya, iby’imbyino no kwerekana sinema n’ikinamico ritajyanye n’icyunamo.

Nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu; Insanganyamatsiko y’icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 29 iragira iti: ‘Kwibuka Twiyubaka’.

Ku rwego rw’Igihugu, Icyumweru cy’icyunamo kizatangirizwa ku rwibutso rwa Kigali, ku Gisozi ku itariki ya 7 Mata; mu gihe mu turere kizatangirizwa ku rwibutso rw’Akarere.

Mu Midugudu abaturage bazakurikirana ikiganiro kijyanye no kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi kuva saa tatu za mu gitondo, bisozwe no kumva ubutumwa nyamukuru bw’uwo munsi.

You Might Also Like

Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Algeria (Amafoto)

Uganda : Ingabo za UPDF zaburijemo igitero cy’iterabwoba I Munyonyo hagwa babiri

Martin Fayulu udacana uwaka na Tshisekedi biyemeje gufatanya kurwanya Joseph Kabila

I Kigali hateraniye inama itegura ibikorwa by’ingabo za EAC biteza imbere abaturage

RIB yasabye abanyarwanda kwirinda ababashukisha akazi keza mu mahanga bizezwa ubuzima bwiza

Nsanzabera Jean Paul April 7, 2023 April 7, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

ImikinoImyidagaduro

Umuhanzi Rosh Knight yahaye impano y’imodoka nziza umugore we (Amafoto)

August 23, 2023
Andi makuru

Annie Wersching wamenyekanye nka Renee Walker muri filime ‘24’, yitabye Imana

January 30, 2023
Andi makuru

Imbamutima z’ Umwunganizi wa Manirakiza Theogene nyuma y’irekurwa rye

November 17, 2023
Andi makuru

Amanota y’ibizamini bya Leta yasohotse

September 12, 2023
Imyidagaduro

P Diddy yahejwe mu birori bya Grammy Awards 2024

January 15, 2024
Andi makuru

Perezida Evariste yongeye kuvugisha imbuga nkoranyambaga yigereranya na Yezu

April 19, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?