SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umuhanzi Costa Titch yaguye ku rubyiniro ahita yitaba Imana
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Umuhanzi Costa Titch yaguye ku rubyiniro ahita yitaba Imana
Imyidagaduro

Umuhanzi Costa Titch yaguye ku rubyiniro ahita yitaba Imana

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/03/13 at 9:17 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuhanzi Costa Titch ukomoka muri Afurika y’Epfo yitabye Imana, nyuma yo kugwa ku rubyiniro mu gitaramo yaririmbagamo i Johanesburg.

Amashusho yashyizwe hanze agaragaza Costa Titch ari kuririmba yizihiwe, akikubita hasi. Mu gihe bamweguraga yakomeje kuririmba, nyuma y’amasegonda make noneho ahanuka ku rubyiniro.

Nyuma y’iminota mike aguye, uyu musore byaje kwemezwa ko yashizemo umwuka.

Costa Titch wari ufite imyaka 27 y’amavuko yari amaze kuba umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika ndetse amaze kuzamura injyana ya mapiano.

Yatangiye umuziki ari umubyinnyi, nyuma aza guhindura yinjira mu kuririmba. Yatangiye kumenyekana mu 2017 ubwo yashyiraga hanze indirimbo yise ‘Activate’ ya Hip Hop, cyane ko ariyo njyana yatangiye aririmba.

Yaherukaga mu Rwanda mu 2022 ubwo yari yatumiwe mu gitaramo cya Kivu Fest, icyakora anabanza kuririmba mu cyateguwe na DJ Marnaud yari yise ‘Marnaud Music Therapy’.

Yamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Nkalakatha Remix’ yakoranye na Riky Rick uheruka kwitaba Imana na AKA ndetse ubu agezweho muri ‘Big Flexa’ yakoranye na C’buda M, Alfa Kat, Banaba Des, Sdida na Man T iri mu ‘Amapiano’. Iyi ni nayo yazamuye igikundiro cye cyane muri Afurika yose cyane ko imaze kurebwa na miliyoni 11 kuri Youtube.

Hari kandi iyitwa ‘Champuru Makhenzo’ nayo yo mu Amapiano yakoranye na MA GANG, Phantom Steeze, ManT, Sdida na C’BUDA M, ‘Nomakanjani’, ‘Monate C’ yakoranye na AKA n’izindi.

Mu minsi ye ya nyuma, Costa Titch yakoze izindi ndirimbo zamamaye nka Super star yakoranye na Diamond ndetse na Big Flexa yari aherutse gusubiranamo n’abarimo Akon.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul March 13, 2023 March 13, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Joe Biden yicujije impamvu USA yagiye mu ntambara yo muri Ukraine

March 12, 2024
Imyidagaduro

Abazitabira igitaramo cy’Amore Valentine’s kizaririmbamo Kidumu bashyizwe igorora

January 29, 2025
Andi makuru

#Kwibuka 29 : Amateka n’ibigwi bya Sebanani André wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

April 13, 2023
Imyidagaduro

King James yashyize hanze indirimbo yise Sinshaka ko uryama ubabaye yakoreye muri Kina Music

February 15, 2023
Andi makuru

1000 Hills event igiye gutanga ibihembo byiswe “Rwanda Women in Business Awards 2024

February 26, 2024
Imyidagaduro

Riderman yashimiye umubyeyi we wamubujije gukora indirimbo zimuteranya n’inshuti ze

October 20, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?