SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Sonia yahagaritse gufasha umushinga wa Maisha Africa
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Sonia yahagaritse gufasha umushinga wa Maisha Africa
Imyidagaduro

Sonia yahagaritse gufasha umushinga wa Maisha Africa

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/03/09 at 9:40 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umunyarwandakazi Sonia Rolland Uwitonze wegukanye ikamba rya Miss France mu 2000, yahagaritse ibikorwa by’umushinga Maïsha Africa wari umaze imyaka 22 ukorera mu Rwanda.

Uyu ni umushinga washinzwe na Sonia Rolland afatanyije n’umubyeyi we Landrada Rolland mu 2001 ubwo bari bagarutse mu Rwanda, bakiyemeza gufasha imfumbyi za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, n’abandi batishoboye.

Binyuze mu muryango ‘Maisha Africa, Sonia Rolland aherutse gutangiza ibikorwa byo gufasha ibitaro bya Ruhengeri muri serivisi yakira abana bavutse igihe kitaragera, abavukanye ibiro bike cyane, abavukanye indwara cyangwa abarwara nyuma y’igihe gito bavutse.

Mu ntangiro za Werurwe 2023 nibwo yasuye ibi bitaro abigenera ibikoresho bitandukanye byakifashishwa muri iyi serivisi.

Sonia Roland yatangaje ko “yishimiye ko nyuma y’imyaka 23 mu bushobozi nari mfite nagize uruhare mu iterambere ry’igihugu no gufasha abana benshi kwiyubaka.”

“Hamwe n’ibi bikoresho twatanze muri ibi Bitaro, impfu z’abana zagabanutseho hafi kimwe cya kabiri. Nabimenye umwaka ushize ndabyishimira, cyane kandi hari n’ababyeyi baza bakavuga bati ‘Maisha warakoze’. Nk’ubu hari umwana wavukiye hano afite amagarama 600 none ubu afite imyaka ibiri; ibyo ni ibintu bishimishije.”

Mu butumwa yatanze bugaruka ku ihagarikwa ry’uyu mushinga, yagize ati “Nyuma y’imyaka 22 muri Maïsha Africa, abakorerabushake b’ishyirahamwe nanjye tubona ko igihe kigeze ngo turangize ibikorwa by’uyu mushinga dutanga amahirwe meza yo gutera inkunga ifasha ibitaro bya Ruhengeri, mu kubona ibikoresho byihariye bifasha kubaho kw’ibi binyabuzima bito.”

“Nibyo, iherezo rya Maïsha Africa ntabwo risobanura iherezo ry’ibyo niyemeje mu Rwanda. Indi mishinga yegereye cyane umutima wanjye iri imbere, mushonje muhishiwe.”

Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Ruhengeri, Dr. Muhire Philbert, yashimye umusanzu wa Sonia Rolland mu gushyigikira serivisi bitanga binyuze mu kubiha ibikoresho.

Mu myaka 20 ishize, binyuze mu bikorwa by’ubukorerebushake, Maïsha Africa yubatse inzu z’imfubyi zirenga 20 , hubatswe ishuri ry’incuke rya Ntarama, bubaka n’ibibuga by’imyidagaduro mu kigo gifasha imfumbyi cy’ahazwi nko kwa Gisimba byatwaye asaga miliyoni 20 Frw.

Sonia Rolland yashimiye abagize uruhare mu bikorwa by’uyu mushinga wa Maïsha Africa, ashimira abamwizeye bagashora imari muri ibi bikorwa, n’abandi.

22 ans d’engagement auprès de Maïsha Africa s’achèvent… Dernier don au service néonatalogie de l’hôpital de Musanze, qui financera l’acquisition de matériel propre à la survie de tous ces petits êtres.
Merci à toutes et à tous d’avoir contribué à cette magnifique aventure. ????????❤️ pic.twitter.com/zqVnkqxaAK

— Sonia Rolland (@SoniaRolland) March 8, 2023

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul March 9, 2023 March 9, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Teacher Mpamire mu ishusho ya Perezida Museveni yasekeje abanyarwanda ataha batabyifuza mu gitaramo cya Gen Z Comedy (Amafoto)

July 26, 2024
Imyidagaduro

Munezero Bijoux yihenuye kuri Lionel baherutse gutandukana

March 7, 2023
Andi makuru

Kagame ari kugirana ikiganiro n’itangazamakuru nyuma yo gusoza kwiyamamaza

July 13, 2024
Imyidagaduro

Kuki abafana bamwe batakiriye neza umushinga mushya wa Yago wo kuririmba

February 23, 2023
Imyidagaduro

Mbosso yajyanywe mu bitaro

February 12, 2025
ImikinoImyidagaduro

Riderman na Chris Eazy batumiwe mu birori byo gusoza Champion Leagues byateguwe na B&B FM

June 8, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?