SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Paul Kagame yasabye abanyafurika kutazahora bategereje ibya abandi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Paul Kagame yasabye abanyafurika kutazahora bategereje ibya abandi
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yasabye abanyafurika kutazahora bategereje ibya abandi

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/02/27 at 11:31 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida Kagame yavuze ko abanyarwanda n’abanyafurika muri rusange bakwiye guca ukubiri n’imyumvire yo guhora basindagizwa, yibutsa ko gukora ibikwiye mu nyungu za bose ari wo muti.

Ni mu ijambo rifungura inama y’Igihugu y’Umushyikirano iri kuba ku nshuro ya 18 muri Kigali Convention Centre, ikaba yitabiriwe n’abarenga 1500.

Umukuru w’Igihugu yagarutse ku myumvire mibi y’abantu bahora basindagizwa nk’abanyantege nke, abarwayi cyangwa abafite ibindi bibazo, avuga nta we ukwiye kubyishimira no kubishyigikira.

Ati “Simbizi niba hari umunyarwanda wishimira guhora asindagizwa. Badusindagiza, bazadusindagiza kugeza ryari? […] Ntitukabe gutyo ntabwo ari ko dukwiye kubaho”.

Perezida Kagame yavuze ko nta gaciro kari mu guhora usindagizwa no gufatwa ukuboko kugera n’aho ubagurirwa, yibutsa ko nta wundi musaruro uvamo utari ugucunaguzwa.

Ati “Baragusindagiza barangiza bagakubita inshyi, akaba ari byo wishyura, ugacunaguzwa bakakugeza n’aho bakwigisha imico, bakwigisha uko wifata, uko ukwiriye kuba wifata, kubera kwa gucumbagizwa bikaba nk’aho abanyarwanda nta muco bagira”.

Ntabwo Imana yaremye abantu ngo ibashyire mu byiciro

Perezida Kagame yashimangiye ko umugabane wa Afurika muri rusange utaremewe guhora uteze amaboko abandi kuko Imana itawuremye ngo ubeho gutyo, bityo udakwiriye kuba uwo gucunaguzwa no gucumbagizwa.

Ati “Ntabwo Imana yaremye abantu ngo nirangiza ngo ibashyire mu bice nka byabindi by’Ubudehe […] Ugusunika we yabivanye he utabivana wowe?”.

Perezida Kagame yacyebuye abayobozi bumva ko bikorera, abibutsa ko ibyo bakora bikwiye kugera no ku bandi.

Ati “Ikintu gishobora kubikiza abantu ni kimwe gusa ‘gukora’, ni no kwimenya, kumenya icyo uri cyo, ko uri umuntu nk’abandi bose n’abo bose bagucunaguza ni abantu nkawe”.

Inama y’Umushyikirano iba buri mwaka ikayoborwa na Perezida wa Repubulika. Ihuriza hamwe abayobozi bo mu nzego z’igihugu zitandukanye, abanyamadini n’abaturage bahagarariye abandi hagamijwe gukemurira hamwe ibibazo byugarije igihugu no kungurana ibiterekerezo ku cyerekezo cy’igihugu.

Ubusanzwe Umushyikirano ufatwa nk’urwego rw’umwihariko u Rwanda rwahanze, ruhuza Abanyarwanda b’ingeri zose kugira ngo barebere hamwe uko igihugu gihagaze n’icyakorwa ngo gikomeze gutera imbere mu cyerekezo cya 2050.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul February 27, 2023 February 27, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

RDB igiye kwizihiza imyaka 20 umuhango wo kwita izina uba buri mwaka

September 25, 2024
Andi makuru

Nifuje gukorera igitaramo mu Rwanda kuko ni mu rugo ;Umuramyi Bigirimana Fortran

January 12, 2024
Utuntu n'utundi

Umunyamakuru wigenga Nkundineza Jean Paul yasabiwe gufungwa iminsi 30

November 7, 2023
Andi makuru

Gen Mubaraka Muganga na Brig Gen Ronald Rwivanga bitabiriye ibirori bya tarehe sita I Bugande

February 7, 2024
Imyidagaduro

Ykee Benda yakiriye agakiza ahagarika kuririmbira mu tubari

March 8, 2025
ImikinoImyidagaduro

Riderman na Chris Eazy batumiwe mu birori byo gusoza Champion Leagues byateguwe na B&B FM

June 8, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?