SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Nyuma y’imyaka 4 Kidumu agiye kwongera gutaramira abanyarwanda mu Kigal Jazz Junction
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Nyuma y’imyaka 4 Kidumu agiye kwongera gutaramira abanyarwanda mu Kigal Jazz Junction
Imyidagaduro

Nyuma y’imyaka 4 Kidumu agiye kwongera gutaramira abanyarwanda mu Kigal Jazz Junction

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/02/23 at 8:29 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Nimbona Jean Pierre uzwi nka Kidumu Kibido nyuma y’imyaka ine yari amaze adataramira mu Rwanda, yaraye ageze mu mujyi wa Kigali aho ategerejwe mu gitaramo cya Kigali Jazz Junction giteganyijwe ku wa 24 Gashyantare 2023.

Uyu muhanzi ufite amateka akomeye muri muzika yo mu Karere ka Afurika y’uburasirazuba, yageze i Kigali mu ijoro ryo ku wa 22 Gashyantare 2023.

Kidum wari wishimiye kugaruka i Kigali , yatangaje ko atigeze ahagarika gutaramira mu Rwanda kubera ibibazo bya politike ahubwo hari impamvu zitamuturutseho zatumye abisubika.

Ati “Kugaruka i Kigali nyuma y’imyaka ine ntahataramira, ni umunezero ntabona uko nsobanura kandi n’abari i Burundi ndabizi ko bari kubikurikirana cyane ko n’ambasaderi w’u Burundi mu Rwanda na we ari hano. Ntabwo ari ikintu cyoroshye, abakunzi banjye bitege umuziki udasanzwe w’umwimerere (live).”

“Sinigeze mvuga ko ntazongera gutaramira mu Rwanda, ahubwo hari ibibazo ntafitiye ububasha bindusha imbaraga byabayeho.”

Uyu muhanzi avuga ko yanyuzwe n’aho umubano w’u Rwanda n’u Burundi ugeze, avuga ko kimwe mu bimunezeza ari ukubona Abanyarwanda n’Abarundi babanye neza kuko bafite byinshi basangiye.

Kidum yaherukaga gutumirwa i Kigali mu 2019 ariko iki gitaramo cyaburijwemo ku mpamvu z’umutekano kuko abagiteguye nta byangombwa bari basabye mu nzego zibishinzwe.

Icyo gihe Kidum kwihangana byaramugoye abifata nk’ikibazo cya politike cyari kiri hagati y’u Rwanda n’u Burundi, ahitamo gusubika gutaramira muri ibi bihugu byombi yisubirira muri Kenya aho aba kuva mu myaka 28 ishize.

Nyuma y’igihe uyu muhanzi yaje gusanga icyemezo yafashe cyarababaje benshi asubukura ibitaramo muri ibi bihugu byombi dore ko amaze gutaramira i Burundi inshuro ebyiri.

Uyu muhanzi ukunzwe na benshi muri ibi bihugu byombi ategerejwe mu gitaramo cya Kigali Jazz Junction azahuriramo na Confy ndetse n’itsinda rigezwe muri Uganda rya B2C.

Kwinjira mu gitaramo ni 10 000Frw mu myanya isanzwe, 25 000Frw muri VIP, 40 000Frw ku bakundana bifuza kwicarana muri VIP, 35 000Frw muri VVIP, ameza y’abantu umunani ni 280 000Frw.

Abazagurira amatike ku muryango amafaranga azaba 15 000Frw mu myanya isanzwe, 30 000Frw muri VIP, 55 000Frw ku bakundana bifuza kwicarana muri VIP ni 40 000Frw muri VVIP naho ameza y’abantu umunani azaba agura 320 000Frw.

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul February 23, 2023 February 23, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Mugenzi we wa Angola João Lourenço

August 12, 2024
Imikino

Rayon sport yatsinze Mukura VSL igera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro (Amafoto)

April 30, 2025
Imyidagaduro

Sonia Rolland yatangije imishinga yo korora Inzuki mu Rwanda

March 1, 2023
Imyidagaduro

Prince Kid yifurije isabukuru nziza umugore we Miss Elsa wujuje imyaka 25

March 25, 2023
Andi makuru

Zoleka Mandela, umwuzukuru wa Nelson Mandela yitabye Imana azize Cancer

September 26, 2023
Andi makuru

Onomo Hotel Kigali n’abaturage ba Muhima bateye ibiti mu rwego rwo kubagabunga ibidukikije mu mujyi wa Kigali

December 1, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?