SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Eric R. Holder, Jr. wishe Nipsey Hussle yakatiwe imyaka 60
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Eric R. Holder, Jr. wishe Nipsey Hussle yakatiwe imyaka 60
Imyidagaduro

Eric R. Holder, Jr. wishe Nipsey Hussle yakatiwe imyaka 60

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/02/23 at 2:10 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Eric R. Holder, Jr. yahamijwe n’urukiko icyaha cyo kurasa akica umuraperi Airmiess Joseph Asghedom (Nipsey Hussle), akatirwa igifungo cy’imyaka 60.

Uyu musore yahamijwe icyaha yakoze mu 2019, ubwo yarasaga umuraperi Nipsey Hussle imbere y’iduka rye mu mujyi wa Los Angeles, muri Leta ya California, akomeretsa n’inshuti ze ebyiri.

Eric R. Holder, Jr. yakatiwe igifungo cy’imyaka 60 ku wa Gatatu tariki 22 Gashyantare 2023, nyuma y’ubuhamya bwatanzwe na zimwe mu nshuti za Nipsey Hussle ndetse n’urwandiko rwa Se w’uyu musore.

Amakuru dukesha BCC, avuga ko uyu musore yaburanye avuga ko byari umwanzuro uhubutse yakoze, nyuma y’ikiganiro yagiranye n’uyu muraperi kubijyanye n’ibihuha byavugwaga ko Nipsey Hussle akorana n’abapolisi.

Bivugwa ko Airmiess Joseph Asghedom (Nipsey Hussle), yarashwe byibuze inshuro 10, nyuma uyu musore akamukubita umugeri mu mutwe akiruka.

Nipsey Hussle yari umuraperi wavutse tariki 15 Kanama 1985, mu mujyi wa Los Angeles muri Leta ya California, imwe muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.

Uyu ni umuraperi wakunzwe kuvugwaho guharanira uburenganzira bw’abirabura muri Amerika ndetse no gufasha abatishoboye.

Kuva akiri muto yakuriye mu gatsiko ko ku muhanda ‘the Rollin’ 60s street gang’ kari kazwi mu mujyi wa Los Angeles.

Mbere yo gupfa, yari yarafunguye iduka rye yise ‘Marathon Clothing store’, mu rwego rwo kuzajya afasha abaturage, ndetse asigaye akorana n’inzego zishwinzwe umutekano mu kurebera hamwe uburyo bwo guhashya urugomo rwaterwaga n’udutsiko tw’amabandi.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul February 23, 2023 February 23, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Gen Alex Kagame Yoherejwe Kuyobora Ingabo Muri Mozambique

August 1, 2023
Imyidagaduro

Zuby Comedy ryateguje iserukiramuco ry’urwenya I Burundi

June 13, 2023
Imyidagaduro

Zari yasezeranye mw’idini n’umukunzi we Shakib mu ibanga rikomeye

April 17, 2023
Andi makuruImyidagaduro

Anita Pendo yakiriwe na Ambasaderi Rosemary Mbabazi muri Ghana

March 29, 2024
Andi makuru

I Kigali hateguwe ibirori bihenze kurusha ibindi bizahuriramo Davido, Tiwa Savage na Tyla

August 18, 2023
Imyidagaduro

Sherrie Silver yateguje ibirori bizahuriramo ibyamamare bikomeye yise The Silver Gala

July 10, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?