SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Menya ahantu 10 heza wasohokana n’umukunzi wawe muri Kigali kuri St Valentin
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Menya ahantu 10 heza wasohokana n’umukunzi wawe muri Kigali kuri St Valentin
Andi makuruImyidagaduro

Menya ahantu 10 heza wasohokana n’umukunzi wawe muri Kigali kuri St Valentin

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/02/14 at 12:15 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
5 Min Read
SHARE

Buri  tariki ya  14  Gashyantare   isi yose  yizihiza  Umunsi w’abakundanye uzwi nka  St Valentin.Uyu  munsi  abantu benshi  bawufata  nk’uw’ibyishimo ku  bantu bakundana, Nkuko  bizwi benshi mu bakundana baba bifuza ahantu heza  hatandukanye  habera  ibirori  biba byateguriwe abakundana  mu bice bitandukanye hano mu Rwanda .

Nyuma yo kubona ko ahantu henshi hakunzwe mu mujyi wa Kigali bateguye ibirori bijyanye n’uyu  munsi twabahitiyemo aho mwasohokera n’abakunzi banyu .

Reba  zimwe muri Hotel n’utubyiniro wasohokeramo uyu  munsi

1.Kaizen  Hotel

Kaizen  Hotel n’imwe  mu mahoteli imaze  kumeneyakna cyane  kubera ibirori bitandukanye  itegurira abakunzi bayo  ndetse  na serivise nziza zidashyikirwa zirimo gutanga amafunguro aryoshe, Ibyumba byiza ndetse n’akabyiniro keza cyane .

Kuri uyu munsi w’abakundanye wa St  Valentin  muri kaizen Hotel bateguye umugoroba w’abakundanye aho haraba hari promosiyo y’ibyo kunywa n’ibyumba byiza  ndetse n’abadj’s bavanga umuziki w’urukundo  uryoheye amatwi twahaguhitiramo  kuhasohokera n’umukunzi wawe  ni Nyabugogo ruguru gato ya  Feu Rouge ugana Kimisagara.

 2.Molato Remera

Molato ni kamwe mu tubyiniro dukunzwe  cyane muri Kigali iherereye  I remera mu Giporoso ahahoze sar  Motor kuri uyu munsi w’abakundanye  wa St Valenti ku bufatanye na Back Stage babateguriye  igitaramo bise  Love Night Valentine’s day aho abari buhasohokere  bari bunurwe n’umuziki bwiza baraba  bacyarangirwa na rya tsinda mukunda  cyane rya  Symphony Band aho kwinjira biraba ari ibihumbi 10 ku muntu uri wenyine naho uherekejwe  akishyura ibihumbi 15 by’amafaranga  y’U Rwanda.

 3.Cayenne  Resort

Kuri uyu munsi niba ushaka kwishimana n’umukunzi wawe  mwumva indirimbo z’urukundo mu njyanaGakondo  naguhitiramoCayenne Resort  mu gitaramo Inkera  y’Urukundo hamwe  n’indashyikirwa  Iganze  Gakondo hamwe na Angel  na Pamela .

Muri icyo gitaramo inkera y’urukundo kwinjira biraba ari ibihumbi 5000 , Ibihumbi 10.000 na 60.000 by’amanyarwanda.

Cayenne Resort iherereye  Kimironko hafi y’ibiro  by’umurenge

4.Galaxy  Hotel

Galaxy Hotel  Iherereye mu mujyi wa Kigali izwiho kugira ahantu heza  ho kwakirira abantu haba mu busitani  cyangwa kuri pisine yayo , Kuri uyu munsi w’abakunadanye babategurye igitaramo bise “ A Night of Romance  “ aho abakundna bakitabira bari bususurutswe n’umuhanzikazi Bwiza Emerence muri zimwe  mu ndirimbo ze z’urukundo ni  zindi zitandukanye .

 5.Luxury  Garden  Palace

Luxury  Garden Palace imaze kumnyekana cyane  kubera ubwiza bw’ubuzitani bwaho bukunzwe kuberamo ubukwe bwinshi bw’ibyamamare bikomeye hano  mu Rwanda .

Kuri uyu munsi wa  St Valentin Luxury Garden Place  yabateguriye igitaramo  bise  Valentine  Special  aho abakitabia bari butaramirwe n’umusore  wanyu  Yvan Mpano hamwe  na  Mc Imenagitero aho kwinjira  biraba  ari ibihumbi 5000 n’ibihumbi 8000 ku uherekejwe  n’umukunzi we .

Luxury Garden Palace  iherereye I Karama ahazwi nka Norvege

 6.Fuschia Lounge

Fuschia  Lounge imaze kubaka izina mu gutegura  ibirori  bibereye ijiso hano mu mujyi wa Kigali  aho iherereye Ii Remera  kuri uyu munsi nabo babateguriye umugoroba mwiza w’indirimbo z’urukundo mu biroro bise  Love Night  Karaoke aho abahasohokera bataramirwa na Ange Mutsu .Maxime na Gaju .

 7.IKIGAI

IKIGAI  ni hamwe  mu hantu uyu munsi ushobora gusohokera  uri kumwe n’umukunzi wawe  ukagumbwa neza kubera amafunguro yahoo n’ibinyobwa biba  biteguranye ubuhanga  buhebuje ndetse n’amafu yaho muba mwicaye  mwiganirira mwumva uturirimbo dutuje .

Kuri  uyu munsi Ikigai  yabateguriye umugoroba w’abakundanye  bise “Valentine Thusday Karaoke aho  abahasohokera bari  bususurutswe na Serge Dior  uri mu bakunzwe cyane kubera ijwi rye .

Ikigai iherereye mu Kiyovu cy’abakire ku muhanda KN 41  ku nzu ya 14  munsi la Alimenetation La Gardienne.

 8.Wakanda  Villa

Wakanda Villa  nyuma yo kwongera gufungura imiryango yayo  ku Kabeza ni hamwe mu hantu heza  wasohokera n’umukunzi wawe mukahagirira ibihe byiza mu rukundo Rwanyu.

Kuri uyu  munsi w’abakundanye  Wakanda  Villa yabateguriye  umugoroba w’abakundanye aho abari buhasohokere bashyizwe igorora  bagabanyirijwe  ibiciro  ku byo kurya ndetse  n’ibyo kunywa byose bihacururizwa .

 9.Iwacu  +250

Iwacu  +250 kuri  uyu munsi w’abakundana   bo  bateguriye abari buhasohokere  ijoro bise  Love is  Funny  aho abkaundana bari buhasohokerea  bari butaramirwe n’abanyarwenya bakomeye hano mu gihugu nka Sam Zuby Comedy.Joshua,Fred Rufendeke ,Falia na Taikun guhera kw’isaha ya  kumi n’ebyiri  kugeza mu masaha akuze .

 10.Billy’s Bistro and  Bar

Billy’s Bistro & Bar ni imwe muri restaurant zikomeye cyane hano mu mujyi kubera serivise  nziza zijyanye no guteka amafunguro y’ubwoko bwose uhereye kuyo mu Rwanda ,Afurika ndetse no muri Aziya .

Kuri uyu mugoroba  w’abakundanye  Billy’s Bistro & Bar babateguriye umugoroba w’umusangiro bise “ Valentine’S Dinner aho abari busohokere  bari bubasha kwisangirira amagunguro menza banasangira akavinyo  ku mafaranga  make cyane  ukabasha kwishimana n’umukunzi wawe ku mafaranga ibihumbi 52.000Frw

 

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

Nsanzabera Jean Paul February 14, 2023 February 14, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Teta Sandra agiye kwongera gutegura ibitaramo by’abambaye umweru I Kigali

May 23, 2023
Imikino

Umuyobozi wa Tiger Gate Steward yavuze ibyabagoye mu mikino ibiri amavubi  yatsinzwemo

March 27, 2025
Ikoranabuhanga

Abakoresha whatsapp bongeye kuvuga menshi nyuma yokumara hafi isaha idakora

April 4, 2024
Imyidagaduro

DJ KasBaby azataramira abazitabira ibirori byo gusoza irushanwa rya ‘Mützig Amabeats

October 13, 2023
Andi makuru

Umunyeshuri witwaje imbunda yishe batatu muri kaminuza ya Rotterdam

September 29, 2023
Imyidagaduro

Rema yongewe mu bahanzi bazitabira Trace Awards I Kigali

October 18, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?