SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Kigali Protocol igiye kwizihiza imyaka 5 yishimiye inkunga yatewe na The Ben
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Kigali Protocol igiye kwizihiza imyaka 5 yishimiye inkunga yatewe na The Ben
Imyidagaduro

Kigali Protocol igiye kwizihiza imyaka 5 yishimiye inkunga yatewe na The Ben

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/02/13 at 1:06 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Mu gihe   kompanyi ya  Kigali Protocol  yitgeura kwiziiza imyaka  itanu imaze itanga serivise zitandukanye zo kwakira abashyitsi  mu biroroi bitandukanye  yaraye itewe inkunga  n’umuhanzi  Mugisha Benjamin uziw nka The  ben mu rwego rwo  kuyifasha  gutegura nza ibyo birori biteganyijwe mu minsi  iri imbere .

Iyi nkunga The   Ben yayitanze nyuma y’igihe  gito akoreye  igitaramo mu Rwanda yakiriwe ndetse ahabwa indabo na Kigali Protocal, imenyerewe mu kwakira no kuyobora abantu batandukanye mu bitaramo n’ibirori bikomeye.

Uyu muhanzi usanzwe ashyigikira ibikorwa bitandukanye, yashimye uburyo yakiriwe ageze murwamwibarutse, ashima Kigali Protocal yamushyikirije indabo anizeza igitaramo cyiza ari nabyo yakoze.

Mu busanzwe uko wakiriye umuntu, uko wamwitayeho bigendanye na serivisi nziza wamuhaye n’akanyamuneza wagaragaje, nibyo bimuha imbaraga zo gukora iby’akarusho wari umwitezeho.
Ibi byose Kigali Protocal yakoze byanyuze The Ben, ndetse no kugera muri Amerika ntiyasibye kugaragaza ko yashimishijwe na seivisi yahawe na Kigali Protocal.

Ubwo yamenyaga ko Kigali Protocal iri kwizihiza imyaka itanu imaze ibayeho ndetse itanga serivisi za Protocol, The Ben yamenye ko Kigali Protocal iri gutegura n’ibirori bikomeye.
Mu kiganiro inyaRwanda.com yagiranye na Miss Glam World Rwanda 2022, akaba n’umuvugizi wa Kigali Protocal, Real Fique yavuze ko ubusanzwe The Ben yari kwifuza kuba muri ibyo birori ariko bitazakunda.

Fique kandi yasobanuye ko The Ben yageneye inkunga Kigali Protocal, ndetse ko mu izina rya Kigali Protocal bamushimiye cyane byimazeyo.

Kigali Protocal iri mu myiteguro y’ibirori bikomeye byo kwizihiza imyaka 5 imaze ikora ibijyanye na Protocol mu Rwanda, ikaba ari nayo yatangije Kompanyi ihuriyemo abakora Protocol mu Rwanda.

Ni ibirori bizahuzwa n’igitaramo gikomeye kizahuriramo abahanzi ndetse mu minsi ya vuba ubuyobozi bwa Kigali Protocal bukaba buvuga ko amatariki, aba bahanzi n’aho bizabera biratangira gutangazwa vuba.

Kigali Protocal igiye kwizihiza ibi birori mu gihe hari intambwe igezeho yo kwagura ibikorwa byabo, ndetse ikaba yaraharuriye inzira abanda bantu bakora Protocol bakaba bari kugenda binjira muri uyu mwuga ari benshi.

Bigendanye n’intego zayo, Kigali Protocal imaze guhabwa ibihembo bitandukanye birimo iby’imyaka yose kuva yatangira nka Protocol ya mbere mu Rwanda, ndetse n’igihembo cya Protocol ya mbere muri Afurika mu bihembo bitangwa na Zikomo Awards. Imyaka 5 y’imbuto y’umugisha! Uko Kigali Protocal yabereye itabaza abategura ibitaramo mu Rwanda

 

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul February 13, 2023 February 13, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Ubuhamya bwa Cassie Ventura mu rubanza rwa P Diddy bushobora gutuma afungwa Burundu

May 14, 2025
Ubukungu

Karisimbi Events igiye kongera gutanga ibihembo bya Consumers Choice Awards 2024

May 14, 2024
Imikino

Abazitabira Tour Du Rwanda bijejwe umutekano usesuye

February 6, 2025
Andi makuruImyidagaduro

Nifuje gukorana na barumuna banjye kuko hari icyo mbabonamo :Dany Nanone

December 8, 2023
Ubukungu

La Creola Restaurant & Lounge Urugero rwiza mu kubahiriza uburenganzira bw’abakozi

January 22, 2024
Imyidagaduro

Abaraperi n’abanyamakuru bahuriye muri AJSPOR bajyiye guhurira mu mukino w’ishiraniro

December 15, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?