SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Japhet uzwi muri Bigomba Guhinduka yateguye igitaramo yise “Stupid experience”
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Japhet uzwi muri Bigomba Guhinduka yateguye igitaramo yise “Stupid experience”
Imyidagaduro

Japhet uzwi muri Bigomba Guhinduka yateguye igitaramo yise “Stupid experience”

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/02/08 at 11:49 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Mazimpaka Japhet wamamaye mu itsinda rya Bigomba Guhinduka, yateguye igitaramo cye cya mbere ari wenyine nyuma y’imyaka itanu yinjiye mu itsinda ahuriyemo na mugenzi we Etienne wamenyekanye cyane nka 5K.

Ni igitaramo Japhet avuga ko yise “Stupid experience”, aha akaba yabwiye IGIHE ko yatekereje iri zina kuko azaba aganiriza abazacyitabira byinshi byabaye mu rugendo rwe birimo n’ibyo yavuga ko bitangaje.

Ati “Nzaba nganira n’abantu ibintu bitandukanye, nzabaterera urwenya rurimo ibintu nanyuzemo navuga ko ari ubusazi, yaba ibyo nakoze cyangwa ibyemezo nagiye mfata.”

Uyu munyarwenya uri mu bakomeye mu Rwanda, yavuze ko nta wukwiye kwitiranya kuba agiye kwikorana igitaramo no kuba yaba afitanye ibibazo na mugenzi we babanaga mu itsinda rya “Bigomba Guhinduka”.

Ati “Nureba neza urasanga Etienne ari na we watangaje ifoto yamamaza igitaramo cyanjye na mbere yanjye. Nta kibazo gihari rwose, ni ibintu twaganiriye ko uretse kuba dukorana uwashaka kugira ikindi kintu akora kandi tugasanga cyamubyarira umusaruro nta kabuza twashyigikirana akagikora.”

Japhet yaherukaga guhagarara ku rubyiniro wenyine atari muri Bigomba Guhinduka mu 2018 ubwo yatangiraga urugendo rwe muri uyu mwuga atoranyijwe mu banyempano bagombaga kwigaragariza mu gitaramo cya #SekaLive.

Nyuma y’iyi myaka yose Japhet ategerejwe mu gitaramo agiye gukorera ahitwa ‘Urban Park Suites’ mu Mujyi wa Kigali, ku wa 19 Gashyantare 2023.

 

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul February 8, 2023 February 8, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Amahoro Industries Ltd ,KTN Rwanda na bandi benshi begukanye ibihembo bya KIMFEST Awards 2023 (Amafoto )

June 5, 2023
Imikino

Pele wabaye igihangange muri ikipe ya Brazil yitabye Imana ku myaka 82

December 29, 2022
Imyidagaduro

Bwiza na Dj Toxxyk bazafatanya urubyiniro na John Legend mu gitaramo cya Move Afrika

February 10, 2025
Andi makuru

Jimmy Carter wabaye Perezida w’Amerika yitabye Imana

December 30, 2024
Imyidagaduro

Dj Sonia yatumiwe mu gitaramo cya Rwanda Night muri Kenya

July 23, 2024
Andi makuru

#Kwibuka 29 : Nyanza ya Kicukiro hibutswe Abatutsi barenga 3000 basinzwe muri Eto n’Ingabo za ONU

April 12, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?