William Ruto yarahiriye kuyobora Kenya muri manda y’imyaka itanu, imbere y’ibihumbi by’abaturage ba Kenya n’abayobozi batandukanye bari bateraniye muri Moi International Stadium Kasarani mu murwa mukuru Nairobi.
Uyu muhango witabiriwe n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bagera kuri 20, barimo na Perezida Kagame wageze muri Kenya ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere.
Nyuma y’umuhango wo kurahira no guhererekanya ubutegetsi, Perezida Kagame yanditse kuri Twitter agaragaza ko ari ibyo kwishimira kuba Kenya ibonye Perezida mushya mu mahoro.
Yagize ati “Byari ibyishimo kwifatanya n’abanya-Kenya n’abandi bayobozi mu muhango wo kurahira no guhererekanya ububasha hagati y’umuvandimwe William Ruto n’uwo asimbuye Perezida Uhuru Kenyatta. Ni byiza cyane kuri aba bayobozi bombi n’abanya-Kenya ku ihererekanya ry’ubutegetsi rikozwe mu mahoro.”
Perezida Kagame yakomeje avuga ko yizeye gukomeza guteza imbere ubufatanye hagati y’u Rwanda na Kenya mu bihe biri imbere.