SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame na Madamu bakoreye ibirori by’isabukuru Gen Muhoozi Kainerugaba
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Kagame na Madamu bakoreye ibirori by’isabukuru Gen Muhoozi Kainerugaba
Andi makuru

Perezida Kagame na Madamu bakoreye ibirori by’isabukuru Gen Muhoozi Kainerugaba

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/04/25 at 10:16 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

 

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza Gen Muhoozi Kainerugaba, mu isangira ryo kumwifuriza isabukuru nziza y’amavuko.

Gen Muhoozi ari i Kigali kuva ku Cyumweru nk’uko yari aherutse kubitangaza ko isabukuru ye y’imyaka 49 azayizihiriza mu Rwanda, mu gishimangira umubano mwiza uri hagati y’ibihugu byombi no kwishimira ko byawuvuguruye mu minsi mike ishize.

Ubutumwa bwatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu buvuga ko Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye Gen Muhoozi n’itsinda rye mu birori byo kumwifuriza isabukuru nziza.

Gen Muhoozi ari mu Rwanda hamwe na Minisitiri w’Ubutabera wa Uganda, Norbert Mao; Minisitiri w’Umutekano, Maj Gen (Rtd) Jim Muhwezi, Umuvugizi w’Ibikorwa bya Gen Muhoozi binyuzwa mu kizwi nka MK Movement, Andrew Mwenda n’abandi.

Amafoto yashyizwe hanze agaragaza Perezida Kagame, Madamu Jeannette Kagame n’abandi bitabiriye ibyo birori, bari gukomera amashyi Gen Muhoozi, imbere ye hari umutsima w’isabukuru.

Ibirori biheruka byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 48 ya Gen Muhoozi byabereye i Kampala byitabirwa na Perezida Paul Kagame. Rwari uruzinduko rwa mbere yari agiriye i Kampala mu gihe cy’imyaka igera kuri itatu.

Gen Muhoozi ashimirwa ko yagize uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda wari warazambye, bikagera n’aho ingendo ze ebyiri i Kigali ziba ipfundo ryo gufungura imipaka hagati y’impande zombi.

 

You Might Also Like

Edgar Lungu wahoze ayobora Zambia yitabye imana ku myaka 68

AFC/M23 yahagamagaje intumwa zayo zari mu biganiro I Doha Muri Qatar

Perezida Trump yakuyeho visa ku bihugu 12 birimo ibibazo by’ umutekano muke

Polisi y’igihugu yataye muri yombi abakekwaho ubujura 21 mu majyepfo

Urukiko rwateye utwatsi ikirego Rusesabagina aregamo kompanyi ya Gainjet yamuzanye mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul April 25, 2023 April 25, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuruImyidagaduro

Miss Muheto Divine na Fatakumavuta bagejejwe imbere y’urukiko

October 31, 2024
Imyidagaduro

Bianca yasezeye mu kiganiro Takeover ku Isibo Tv

January 5, 2023
Imikino

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

May 27, 2025
Imikino

Amagare: Akagera Rhino Race iratangira kuri uyu wa 26 Ukuboza 2023!

December 25, 2023
Imyidagaduro

Indirimbo Best Friend yasibwe kuri youtube n’abantu bataramenyekana

November 28, 2024
Andi makuru

Perezida Joe Biden yatumiye Donald Trump muri white house

November 11, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?