SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Trump yakuyeho visa ku bihugu 12 birimo ibibazo by’ umutekano muke
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Trump yakuyeho visa ku bihugu 12 birimo ibibazo by’ umutekano muke
Andi makuru

Perezida Trump yakuyeho visa ku bihugu 12 birimo ibibazo by’ umutekano muke

Wakibi Geoffrey
Last updated: 2025/06/05 at 12:38 PM
Wakibi Geoffrey
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakumiriye abaturuka mu bihugu 12 kwinjira muri Amerika, bitewe n’ibikorwa by’iterabwoba bibikorerwamo, kuba abenegihugu babyo bakoresha nabi visa no kuba badatanga amakuru yabo arebana n’umutekano.

Mu butumwa yashyize hanze mu ijoro ryo ku wa 4 Kamena 2025, Trump yasobanuye ko igitero cy’iterabwoba giherutse kugabwa mu gace ka Boulder muri Colorado kigaragaza ubukana bw’ibibazo biterwa n’abanyamahanga batubahiriza amabwiriza.

Ati “Mu kinyejana cya 21, twabonye ibitero by’iterabwoba byikurikiranya bikorwa n’abafite visa zarengeje igihe, byagabwe ahantu habi hirya no hino ku Isi.”

Yakomeje ati “Ni yo mpamvu uyu munsi nshyize umukono ku iteka rikumira abaturuka mu bihugu birimo Yemen, Somalia, Haiti, Libya n’ibindi byinshi. Ntabwo tuzemera ko abashaka kutugirira nabi binjira mu gihugu cyacu, kandi nta kizatubuza kubungabunga umutekano wa Amerika.”

Abaturuka mu bihugu birimo Repubulika ya Congo, Afghanistan, Myanmar, Tchad, Guinée Equatorial, Eritrea, Haiti, Iran, Libya, Somalia, Sudan na Yemen ni bo bakumiriwe kwinjira muri Amerika mu buryo budasubirwaho.

Trump yasobanuye ko ibyinshi muri ibi bihugu byanze kwakira abaturage babyo batujuje ibisabwa bari muri Amerika, ibindi bikaba bifite umubare munini w’abafite visa zarengeje igihe.

Uyu Mukuru w’Igihugu kandi yakumiriye mu buryo bw’igice abaturuka mu bindi bihugu birindwi birimo u Burundi, Sierra Leone, Togo, Cuba, Laos, Turkmenistan na Venezuela.

Yasobanuye ko bambuwe uburenganzira bwo gusaba visa zishingiye kuri porogaramu nyinshi zitangwa na Amerika.

 

You Might Also Like

Perezida Paul Kagame yifurije abayisilamu bo mu Rwanda umunsi mwiza wa Eid AL Adha

Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru wa Eid Al Adha

Hazima uwatse hagati ya Donald Trump na Elon Musk ibintu bikomeje kujya irudubi

Edgar Lungu wahoze ayobora Zambia yitabye imana ku myaka 68

AFC/M23 yahagamagaje intumwa zayo zari mu biganiro I Doha Muri Qatar

Wakibi Geoffrey June 5, 2025 June 5, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Nyuma y’Imyaka 2 Titi Brown agizwe umwere

November 10, 2023
Andi makuru

Sgt Minani Gervais yatangiye kuburana ubujurire bw’urubanza rwe

February 6, 2025
Imyidagaduro

Juno Kizigenza yakomoje kudatumirwa kwe mu bitaramo bikomeye mu Rwanda

October 7, 2024
Imyidagaduro

Musengamana Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye imbere y’amategeko n’umugabo we

February 20, 2025
Imikino

Perezida Samia Suluhu yemereye ikipe ya Simba Fc Miliyoni 10 kuri buri gitego izatsinda Al Ahly SC

October 18, 2023
Ubukungu

Mu Rwanda hafunguwe ku mugaragaro Inama yiga kubijyanye n’’ingufu zibyara amashanyarazi muri Afurika

November 4, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?