SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Mugenzi we biyemeza gufungura ambasade ya Algerie mu Rwanda
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Mugenzi we biyemeza gufungura ambasade ya Algerie mu Rwanda
Andi makuru

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Mugenzi we biyemeza gufungura ambasade ya Algerie mu Rwanda

Ahupa Radio
Last updated: 2025/06/04 at 9:05 AM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rugiye gufungura Ambasade nshya muri Algérie, mu rwego rwo kurushaho guteza imbere umubano uri hagati y’ibihugu byombi.

Ibi Perezida Kagame yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, ubwo yari kumwe na mugenzi we wa Algérie, Abdelmadjid Tebboune.

Abakuru b’ibihugu byombi kandi bayoboye ibiganiro byahuje amatsinda y’u Rwanda na Algérie, ndetse banakurikira igikorwa cyo gusinya amasezerano y’ubufatanye.

Ni amasezerano yasinywe mu nzego zirimo ubwikorezi bwo mu kirere, gukuraho visa, itumanaho, Polisi, inganda zikora imiti, uburezi mu mashuri makuru na kaminuza, ubutabera, guteza imbere ishoramari no kwihangira imirimo.

Abakuru b’ibihugu byombi kandi bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru aho bagarutse ku bushake bwabo mu guteza imbere imikoranire hagati y’u Rwanda na Algérie.

Muri iki kiganiro, ni bwo Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rugiye gufungura Ambasade muri Algérie. Iki gihugu gisanzwe gifite Ambasade i Kigali kuva mu 2023.

Perezida Kagame yageze muri Algérie kuri uyu wa Kabiri, aho yagize umwanya wo gusura no gushyira indabo ku Rwibutso rwa Maqam Echahid, mu rwego rwo guha icyubahiro intwari za Algérie, zaguye mu Ntambara yo guharanira Ubwigenge bw’icyo gihugu.

Mbere y’isinywa ry’amasezerano hagati y’impande zombi, Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Algérie, aho ibiganiro byabo byibanze ku bijyanye no kurushaho guteza imbere imikoranire hagati y’ibihugu bya Afurika, mu nzego zirimo ubucuruzi bwambukiranya imipaka ndetse no gusangira ubumenyi.

Abakuru b’ibihugu byombi kandi banaganiriye ku bijyanye n’amasomo u Rwanda na Algérie byigiye mu rugendo rutoroshye rwo kwiyubaka nyuma y’amateka akomeye byanyuzemo, arimo Intambara yo guharanira Ubwigenge bwa Algérie ndetse na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Mu mpera z’umwaka ushize, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Algérie, Ahmed Attaf, bahuriye i Sochi mu Burusiya, byibanze ku mubano w’ibihugu byombi.

Algérie n’u Rwanda bifitanye imikoranire mu bijyanye n’umutekano ndetse n’uburezi kuko hari abanyeshuri bava mu Rwanda bajya kwiga muri iki gihugu.

Umubano w’ibihugu byombi uri mu nzego zirimo ubuzima, ubucuruzi, ishoramari, umutekano, uburezi n’izindi.

 

You Might Also Like

Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru wa Eid Al Adha

Hazima uwatse hagati ya Donald Trump na Elon Musk ibintu bikomeje kujya irudubi

Edgar Lungu wahoze ayobora Zambia yitabye imana ku myaka 68

AFC/M23 yahagamagaje intumwa zayo zari mu biganiro I Doha Muri Qatar

Perezida Trump yakuyeho visa ku bihugu 12 birimo ibibazo by’ umutekano muke

Ahupa Radio June 4, 2025 June 4, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Umutoza Seninga Innocent yabazwe Ikirenge nyuma yo kuvunikira mu myitozo

April 6, 2023
Utuntu n'utundi

Ramaphosa yarahiriye kongera kuyobora Afurika y’Epfo

June 19, 2024
Andi makuru

U Bubiligi bwohereje abakomando500 mu burasirazuba bwa DRC

March 24, 2025
Andi makuru

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopie yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

April 15, 2025
Andi makuru

Leta Zunze ubumwe z’Amerika zongeye kwibasira ingabo z’U Rwanda ngo zive muri DRC

May 18, 2023
Imyidagaduro

The Ben yakiranywe ubwuzu n’urukundo byinshi I Bujumbura (Amafoto )

September 27, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?