SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida José Mujica wafatwanga nk’umukene yitabye imana ku myaka 89
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida José Mujica wafatwanga nk’umukene yitabye imana ku myaka 89
Andi makuru

Perezida José Mujica wafatwanga nk’umukene yitabye imana ku myaka 89

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/05/14 at 12:48 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

José Mujica wayoboye Uruguay imyaka itanu kuva mu 2010 yitabye Imana ku myaka 89 y’ubukure. Ni we muntu wayoboye igihugu ariko wafatwaga nk’umukene inyuma y’abandi bose bijyanye n’ubuzima bworoheje yabayeho.

Inkuru y’urupfu rwe yatangajwe n’uwamusimbuye, Perezidida Yamandú Orsi.

Abinyujije kuri X, Perezida Orsi yagize ati “Turagushimira kuri buri kimwe waduhaye ndetse tuzirikana urukundo wakundaga abaturage.”

Ntabwo icyishe uyu mukambwe wari uzwi ku izina rya Pepe kiratangazwa ariko yari amaze igihe arwaye kanseri y’umuhogo.

Bijyanye no kubaho mu buryo budahambaye yarwanyije ibijyanye no gusesagura cyane ndetse akora amavugurura menshi ajyanye n’imibereho y’abaturage.

Ni we muyobozi watumye Uruguay iba igihugu cya mbere gishyizeho amategeko yemera ikoreshwa ry’urumogi, bituma aba ikirangirire mu Isi by’umwihariko muri Amerika y’Amajyepfo.

Yakunze kugaragaza ko ibijyanye na politiki, gusoma ibitabo, kubaho byoroheje ndetse no guhinga yabyigishijwe na nyina.

Ku ngoma ye yari yariyemeje gutanga hafi 90% by’umushahara we akabiha abababaye ndetse n’abafite ibigo bikizamuka.

Yiberaga mu nzu idashamaje mu mirima ye yari yitaruye Umurwa Mukuru wa Uruguay, Montevideo, yanga kuba mu nzu zategenyirijwe abaperezida.

Icyo gihe yatwaraga imodoka ihendutse ya Volkswagen Beetle, yakozwe mu 1987. Ndetse ubwo mu 2010 yatangazaga umutungo we, yavuze ko ari yo yari ihenze mu mitungo yari afite. Icyo gihe yari ifite agaciro ka 1.800$.

Mu 2013 umutungo we wageze kuri 322.883$, bigizwemo uruhare no gushyiramo imitungo y’umugore we. Mu 2015 ava ku butegetsi, umutungo we wabarirwaga mu bihumbi 300$.

Yakunze kugaragaza ko ubukire bwa mbere ari ukwishyira ukizana no kuba mu mahoro aho kwigwizaho imitungo.

Rimwe yigeze kugira ati “Ntabwo ari njye muperezida wa mbere ukennye. Abakenye ni ba bandi bahora bashaka kubaho ubuzima buhenze kandi bahora bashaka ibyisumbuye.

You Might Also Like

Korali Ganza Kristo yo muri ADEPR Gasave yateguye igiterane cy’amashimwe kizamara iminsi 2

Joe Biden wahoze ayobora USA yasanzwemo akabyimba muri Prostate

Perezida Trump yishimiye uko yakiriwe n’igikomangoma Bin Salman cy’Arabie Soudite

Qatar igiye guha USA indege ya Boeing 747-8 izakoreshwa nka Air Force One

Umusirikare wa FARDC yinjiye mu rusengero arasa abarimo umwana w’amezi 4 bahasiga ubuzima

Nsanzabera Jean Paul May 14, 2025 May 14, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

MINUBUMWE yatangaje gahunda yuko ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 31 bizagenda

April 1, 2025
Imikino

Neymar yarwaniye mu kabyiniro muri Brazil

July 6, 2023
Imyidagaduro

Innoss’B yanze kuvuga nabi u Rwanda akebura abarugize urwitwazo ku bibazo bya RDC

May 23, 2023
Andi makuru

Green Party yatoye abazayihagararira mu matora y’abadepite mu majyepfo

March 11, 2024
Imyidagaduro

Teta Sandra yasabye imbabazi ku butumwa yandite ku mbuga nkoranyambaga ze bigafatwa nko gufobya Jenoside

April 9, 2025
Andi makuru

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yasezeye kuri Dr Geingob wayoboraga Namibia

February 25, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?