SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Donald Trump yijeje amakuru meza hagati y’u Rwanda na DRC
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Donald Trump yijeje amakuru meza hagati y’u Rwanda na DRC
Andi makuru

Perezida Donald Trump yijeje amakuru meza hagati y’u Rwanda na DRC

Wakibi Geoffrey
Wakibi Geoffrey Published April 29, 2025
Share
SHARE

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko mu minsi iri imbere hari amakuru meza yerekeye u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo azamenyekana; ateguza amahoro ibihugu byombi.

Trump yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Mata, mu kiganiro n’itangazamakuru.

 Mu minsi ibiri ishize Trump yari yanditse ku rubuga nkoranyambaga rwe rwa Truth Social ko hari “amakuru meza aturuka muri Afurika” yerekeye intambara n’amakimbirane kuri uyu mugabane.

 Kuri uyu wa Mbere ubwo yabazawaga  n’Umunyamakurukazi ibyo  yakomozagaho, yagaragaje u Rwanda na RDC mu barebwa n’aya makuru.

 Yagize ati: “Ndizera ko mu minsi iri imbere tuzabona amakuru meza cyane yerekeye u Rwanda na RDC, kandi ndatekereza ko amahoro azaboneka mu Rwanda, Congo no mu bindi bihugu bike bibakikije kandi bizaba byiza cyane. Rero turizera ko ibyo bizatanga umusaruro.”

 Trump yatangaje ibi nyuma y’iminsi mike u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bisinyanye amasezerano agena amahame ngenderwaho mu gushakira umuti amakimbirane yo mu burasirazuba bwa RDC.

 Ni amasezerano yashyiriweho umukono i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

 U Rwanda na Congo bimaze imyaka ibarirwa muri itatu bidacana uwaka kubera intambara Leta ya RDC irwanamo n’umutwe wa M23.

 Amerika iri mu bihugu bishinja u Rwanda kuba ruha ubufasha uyu mutwe, ariko igashyigikira impungenge rugaragaza rwo kuba leta y’i Kinshasa ikorana n’umutwe wa FDLR. naho  u Rwanda rugahakana guha ubufasha M23.

 

You Might Also Like

Iran yagabye ibitero kuri Israel ikoresheje Drone zirenga 100

Israel yishe abayobozi bakuru mu ngabo za Iran

Amashimwe menshi kuri Ariel Wayz nyuma yo kwinjira mu nzu ifasha bahanzi ya Universal Music Group

Burundi :Ishyaka CNDD –FDD rya Ndayishimiye ryegukanye imyanya yose mu nteko ishinga amategeko

Trump yatangaje ko yatunguwe n’ibibazo byabaye hagati ye na Elon Musk

Wakibi Geoffrey April 29, 2025 April 29, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

RIB yagiriye inama abakina n’ibirango by’igihugu n’amafaranga

February 28, 2024
Imyidagaduro

Kidumu agiye gukorera ibitaramo by’umwaka mushya muri canada

December 29, 2024
Imyidagaduro

Ibitaramo bya Gen Z comedy bikomeje kwigarurira imitima ya Benshi

January 26, 2024
Andi makuru

IMA :Abanyamakuru b’imyidagaduro bitoreye abahanzi bakoze neza muri 2024

December 18, 2024
Imikino

Yannick Noah wagacishijeho muri Tennis yageze mu Rwanda aho aje kwitabira imikino ya ATP Challenger 50

February 29, 2024
Andi makuru

Perezida Paul Kagame na Emir wa Qatar bitabiriye F1 ya Qatar GP

December 2, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?