Papa Fransisco wari umaze igihe arwaye yapfuye kuri uyu wa Mbere ukuriye Umunsi Mukuru Kiliziya Gatolika yizihizaho Izuka rya Yezu.
Ikinyamakuru cy’i Vatican cyanditse kuri X yahoze ari Twitter ko Papa Fransisco yapfuye kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025 afite imyaka 88 y’amavuko kuko yavutse mu 19.
Karidinali Kevin Farrell, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imari ya Kiliziya ni we wemeje urupfu rwa Papa Fransisco kuri Kiliziya y’i Roma, Casa Santa Marta.
Yabwiye abakristu ari “Bavandimwe n’agahinda kenshi ngomba kubabwira urupfu rwa Papa Fransisco. Ku isaha ya 07h35 muri iki gitondo, Umushumba wa Rome, Francisco, yasubiye mu bwami bwa Data.”
Karidinali Kevin Farrell yavuze ko ubuzima bwe bwose yabugeneye gukorera Imana no gukorera Kiliziya yayo.
Yavuze ko Papa Fransisco yigishije abantu kubaho bafite indangagaciro yo guhimbaza Imana kandi bafite ubudahemuka, umurava n’urukunda rutagira urubibi, by’umwihariko ku bakene n’abantu bahohoterwa ku Isi.
Karidinali Kevin Farrell yasabye ko Roho ya Papa Fransisco yakirwa mu bwami bw’Imana kubera ibyo bikorwa byiza byamuranze.