SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ariel Wayz yashimiye Minisitiri Nduhungirehe nyuma yo kumwereka ko yakunze album ye
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Ariel Wayz yashimiye Minisitiri Nduhungirehe nyuma yo kumwereka ko yakunze album ye
Imyidagaduro

Ariel Wayz yashimiye Minisitiri Nduhungirehe nyuma yo kumwereka ko yakunze album ye

Gossip Kigali
Gossip Kigali
Published: April 1, 2025
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, abinyujije ku rukuta rwe rwa X, yagaragaje ko yanyuzwe na album nshya ya Ariel Wayz ndetse ahita anakomoza ku ndirimbo yayikunzeho kurusha izindi.

Mu butumwa bwe, Nduhungirehe yagize ati “Numvise album yose. Iyo Ariel Wayz aza kuba umunya-Amerika, ntiyari kuzigera abura kuri US Billboard Hot 100. Ni umwe mu baririmbyi bafite ijwi ryiza mu Mujyi!”

Ni ubutumwa yakurikije urutonde rw’indirimbo eshatu yakunze kurusha izindi kuri album, aha akaba yavuze ko yakunzeho indirimbo nka Made For You, Dee na Ariel & Wayz.

Ariel Wayz akimara kubona ubu butumwa nawe yashimiye Minisitiri Nduhungirehe wari umaze kugaragaza ko yakunze bikomeye album ye ‘Hear to stay’ yasohoye ku wa 8 Werurwe 2025.

Ariel Wayz uri mu bahanzi banyuze mu Ishuri ry’u Rwanda ry’umuziki, yatangiriye urugendo rwe mu itsinda rya Symphony Band mbere y’uko batandukana mu 2020.

Nyuma yo gusezera mu itsinda rya Symphony Band, Ariel Wayz yahise atangira umuziki ku giti cye.

Uyu mukobwa yamenyekanye mu ndirimbo nka ‘Away’ yakoranye na Juno Kizigenza, You should know, Wowe gusa, Good luck n’izindi nyinshi zirimo na Katira aherutse gukorana na Butera Knowless.

Iyi album niyo ya mbere Ariel Wayz yasohoye kuva yakwinjira mu muziki, ikaba yari ikurikiye EP eshatu yagiye asohora mu gihe amaze mu muziki, zirimo iyitwa ‘Best in me’, ‘Touch the sky’ ndetse n’iyitwa ‘Love & Lust’.

Miss Kalimpinya yanyuzwe no kuba Lewis Hamilton yishimiye ibikorwa bye
Bwiza mu byishimo byinshi nyuma y’uko igitabo kimwemerera gusoza icyiciro cya 2 cya Kaminuza cyemewe
Joe Boy yakoreye igitaramo cy’amateka I Kampala
Tiwa Savage yagiriye Inama abagore bata abagabo babo bakurikiye imitungo
Kayumba Darina yambitswe impeta n’Umukunzi
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Golden Reels Pokies

May 28, 2024

Free Spins No Deposit Real Money Australia

February 25, 2025

Spicy Casino Bonus

May 28, 2024
Imyidagaduro

Tiwa Savage yagiriye Inama abagore bata abagabo babo bakurikiye imitungo

January 30, 2025

Pnxbet Casino 100 Free Spins Bonus 2025

February 25, 2025

Pull Tabs Australia

February 25, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?