SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Jennifer Lopez yahishuye ko agiye kwihimura ku wari umugabo we abinyujije mu ndirimbo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Jennifer Lopez yahishuye ko agiye kwihimura ku wari umugabo we abinyujije mu ndirimbo
Imyidagaduro

Jennifer Lopez yahishuye ko agiye kwihimura ku wari umugabo we abinyujije mu ndirimbo

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/03/18 at 12:02 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Jennifer Lopez yahishuye  ko afite  umugambi wo kwihimura ku mukinnyi wa filime Ben Affleck baherutse gutandukana, amushinja kuba yaramubabaje akanamutesha umwanya.

Jennifer Lopez uri mu bahanzikazi bakunzwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aherutse gutandukana na Ben Affleck mu buryo bwemewe n’amategeko nyuma y’imyaka ibiri gusa barushinze.

Muri Gashyantare, ubwo gatanya yabo yarangiraga, uyu muhanzikazi yatangarije Vogue Magazine ko icyamurakaje mu itandukana ryabo ari uko Ben yamubabaje ndetse akanamutakariza igihe.

Byongeye kandi yababajwe cyane n’uko uyu mugabo batandukanye agahita asubira ku mugore we wa mbere, Jennifer Garner, ibintu Lopez yafashe nko kumusuzuguza.

Kuri ubu Lopez ageze kure umugambi wo kwihimura kuri Ben Affleck abinyujije mu muziki nk’uko Radar Online yabitangaje.

Lopez na Ben bafitanye amateka akomeye, aho bakundanye bwa mbere kuva mu 2000 kugeza mu 2004, bagasubirana mu 2021 mbere yo kurushinga mu 2022 nubwo batabashije kugumana, ibi byose ngo ni inyungu ikomeye kuri we kuko azabyifashisha.

Amakuru avuga ko Lopez ashaka gukoresha inkuru y’urukundo rwe na Ben mu gukora album nshya, izaba ikubiyemo amabanga yabo batigeze bashyira hanze, by’umwihariko izagaruka ku bintu bibi uyu mugabo yamukoreye.

Lopez usanzwe atiyandikira indirimbo, ngo yaba ari gushaka abandi bahanzi bazamufasha kwandika kuri iyo nkuru ye y’urukundo. Abo yifuza bazabimufashamo barimo Ed Sheeran na Amy Allen bazwiho kwandika indirimbo ziryoheye amatwi ndetse na David Guetta.

Uyu muhanzikazi akaba ashaka gukoresha iyi album nk’uburyo bwo kwihimura kuri Ben Affleck wamubabaje, cyane ko yari yaramubujije kujya avuga ku bijyanye n’umubano wabo bakiri kumwe.

Lopez yizera ko iyi album izamufasha kugaruka mu muziki bundi bushya kuko yari amaze igihe ahugiye mu byo gukina filime, kandi yizeye ko izamufasha kwinjiza agatubutse kuko iyo aherutse gusohora itamwinjirije nk’uko yabishakaga.

Uyu mugambi Lopez ngo yaba yarawutekerejeho nyuma yo kureba ku bandi bahanzikazi bawukoze ukabaviramo gucuruza ibihangano byabo.

Aba barimo Beyonce, Adele, Shakira na Demi Lovato bagiye bakoresha ibyo banyuzemo n’abagabo babo bakabishyira mu muziki bikabacururiza ndetse bakinjiza agatubutse.

Iyi album Lopez ari gutegura nk’igisubizo kuri Ben batandukanye, ateganya kuzayisohora mu 2026 ndetse iherekesha ibitaramo bizenguruka Isi.

 

You Might Also Like

Itorero Intayoberana ryunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bashyinguye mu rwibutso rwa Kigali

Chris Brown yaterewe muri yombi i Londres

The Ben na Kevin Kade bakiranywe urugwiro n’abakunzi babo i Kampala (Amafoto)

Fatakumavuta yongeye guhakana ibyaha aregwa ibyaha aregwa

King Promise wo muri Ghana yiyemeje kuzasusurutsa bihagije abazitabira imikino ya BAL

Nsanzabera Jean Paul March 18, 2025 March 18, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Zuchu uzaririmba mu gitaramo cya Move Afrika yasesekaye i Kigali

December 4, 2023
Imyidagaduro

Peter Obi wabaye guverineri wa Anambra muri Nigeria yageze i kigali ku butumire bwa Sherrie Silver

September 6, 2024
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Caravane du Rire rigiye kuba ku nshuro yaryo ya 3 rizitabirwa n’abanyarwenya mpuzamahanga

June 12, 2024
Imyidagaduro

DJ Crush na Dj Butera binjiye muri 1k Entertainment ya DJ Pius

April 3, 2025
Imyidagaduro

Tonzi yamuritse album ya 9 Kabangaza ahembura Imitima ya benshi mu bari bamukumbuye

April 1, 2024
Imyidagaduro

Miss Kalimpinya yanyuzwe no kuba Lewis Hamilton yishimiye ibikorwa bye

June 15, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?