SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umutwe w’Inyeshyamba za FDLR urifuza umuhuza n’u Rwanda
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Umutwe w’Inyeshyamba za FDLR urifuza umuhuza n’u Rwanda
Andi makuru

Umutwe w’Inyeshyamba za FDLR urifuza umuhuza n’u Rwanda

Ahupa Radio
Last updated: 2024/12/09 at 12:11 PM
Ahupa Radio
Share
1 Min Read
SHARE

Umutwe w’Inyeshyamba za FDLR zasize zikoze Jenoside y’Abatutsi  muri 1994 mu Rwanda, wandikiye Perezida Lourenço wa Angola umusaba kuwukorera ubuhuza n’u Rwanda.

Aya makuru asa nk’ayatinze kujya hanze, kuko uyu mutwe wandikiye  ibaruwa Perezida wa Angola ku wa 22 Ukwakira 2024.

Kugeza ubu ntiharamenyekana  umwanzuro wa Perezia Lourenço, cyakoze Leta y’u Rwanda yakunze gusaba abagize FDLR gutahuka, ndetse kuva muri 2001 abarenga 12,000 bahoze muri uriya mutwe bamaze gutahuka basubizwa mu buzima busanzwe.

FDLR yasabye imishyikirano mu gihe u Rwanda na RDC byamaze kwemeranya kuri gahunda yo kuyisenya, n’ubwo u Rwanda rushidikanya ko Kinshasa izayishyira mu bikorwa bijyanye no kuba uyu mutwe usanzwe ufitanye imikoranire n’ingabo zayo.

Ni gahunda yateguwe n’impuguke za gisirikare z’ibihugu byombi, mbere yo guhabwa umugisha na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bamaze guhura inshuro esheshatu.

Ingingo yo gusenya FDLR byitezwe ko ishobora no kuzaganirwaho na ba Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Congo na Paul Kagame w’u Rwanda, ubwo ku wa 15 Ukuboza bazaba bahurira mu nama izabera i Luanda.

 

You Might Also Like

Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru wa Eid Al Adha

Hazima uwatse hagati ya Donald Trump na Elon Musk ibintu bikomeje kujya irudubi

Edgar Lungu wahoze ayobora Zambia yitabye imana ku myaka 68

AFC/M23 yahagamagaje intumwa zayo zari mu biganiro I Doha Muri Qatar

Perezida Trump yakuyeho visa ku bihugu 12 birimo ibibazo by’ umutekano muke

Ahupa Radio December 9, 2024 December 9, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umuraperi Rich Homie Quan yitabye Imana azize ibiyobyabwenge

September 6, 2024
Imyidagaduro

Umunyarwenya Ramjaane Joshua yashinze ikipe yise ‘Ramjaane Foundation FC

June 4, 2024
Imikino

Yannick Noah wagacishijeho muri Tennis yageze mu Rwanda aho aje kwitabira imikino ya ATP Challenger 50

February 29, 2024
Imyidagaduro

Indirimbo When she’s around’ ya Bruce Melodie na Shaggy yashyizwe mu ndirimbo zikunzwe kuri BillBoards

March 27, 2024
Imyidagaduro

Israel Mbonyi yapfushije Sekuru

January 12, 2023
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya Caravane du Rire rigiye kuba ku nshuro yaryo ya 3 rizitabirwa n’abanyarwenya mpuzamahanga

June 12, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?