SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Israel Mbonyi yageze I Kigali yishimira uko yakiriwe n’Abanyakenya
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Iyobokamana > Israel Mbonyi yageze I Kigali yishimira uko yakiriwe n’Abanyakenya
Iyobokamana

Israel Mbonyi yageze I Kigali yishimira uko yakiriwe n’Abanyakenya

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul
Published: August 14, 2024
Share
SHARE

Mu rukerera rwo ku wa 14 Kanama 2024 nibwo Israel Mbonyi n’itsinda ryamufashije mu gitaramo aherutse gukorera i Nairobi muri Kenya bageze i Kigali, ahamya ko ahageranye umutima ushima bikomeye.

Ibi uyu muhanzi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye n’itangazamakuru ubwo yakomozaga k’uko yiyumva nyuma y’igitaramo aherutse gukorera ahitwa ‘Ulinzi Sports Complex’ mu ijoro ryo ku wa 10 Kanama 2024.

Akigera i Kigali, Israel Mbonyi yavuze ko yishimiye uko igitaramo cyagenze, ahamya ko ari ibintu byamukoze ku mutima by’umwihariko n’ubu akaba acyakira amakuru y’umusaruro cyatanze.

Ati “Ni igitaramo ntazibagirwa, cyari umunezero ukomeye kuri njye n’abakunzi b’umuziki bacyitabiriye, byibuza abarenga ibihumbi 12 bari bacyitabiriye, muri bo harimo abahanzi bafite amazina akomeye mu muziki wa Kenya n’abandi benshi.”

Uyu muhanzi yavuze ko uretse igitaramo cyamushimishije, andi makuru akomeje kumukora ku mutima yayakiriye nyuma yo kugera mu Rwanda aho yamenye ko abarenga 40 bitabiriye iki gitaramo bamaze kwakira agakiza.

Israel Mbonyi ahamya ko kugeza ubu amaso ye yose yahise ayerekeza muri Uganda aho afite ibitaramo bibiri, birimo icyo azakorera i Kampala ku wa 23 Kanama 2024 n’icyo azakorera i Mbarara ku wa 25 Kanama 2024.

 

Umuhanuzi TB Joshua yashinjwe gusambanya abayoboke b’idini rye
Papa Francis arembejwe n’’umusonga wo mu bihaha
Wed Wedundu a assuré ses fans de son album avant Fin de l’année 2024
Aline Gahongayire yahembuye imitima ya benshi bitabiriye igitaramo yakoreye mu bubiligi
Aime Uwimana na Prosper Nkomezi batumiwe mu gitaramo cya Cross Over 2024 cyateguwe na Zion Temple
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Top 5 Things To Look Out For In Virtual Casino In Ireland

March 21, 2018

Slots No Deposit Bonus Ie 2023

May 28, 2024

Latest Casino News

February 25, 2025

Vegas Amped Casino 100 Free Spins Bonus 2025

February 25, 2025

What Is The Best Blackjack Demo In Limerick Ireland

May 28, 2024

Casino Owners Australia

May 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?