SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: P Diddy akomeje kwicuza nyuma y’amashusho akubita uwari umukunzi we
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > P Diddy akomeje kwicuza nyuma y’amashusho akubita uwari umukunzi we
Imyidagaduro

P Diddy akomeje kwicuza nyuma y’amashusho akubita uwari umukunzi we

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/05/20 at 11:21 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuraperi Diddy yatakambye asaba imbabazi nyuma y’amashusho ye aheruka kujya hanze, ari gukubita Cassie Ventura bahoze bakundana.

Ni amashusho yo mu 2016 yagiye hanze mu minsi ibiri ishize, aho agaragara ari guhondagura uwari umukunzi we Cassie.

Yagiye hanze mu gihe uyu mugabo amaze iminsi ashinjwa guhohotera abagore ndetse benshi bakaba bakomeje kumushyira mu majwi ko yagiye abibakorera mu bihe bitandukanye mu myaka yashize.

Ikinyamakuru CNN nicyo cyabanje gusohora ayo mashusho yafatiwe muri “InterContinental Hotel” i Los Angeles, agaragaza uyu muraperi ari gukubita uwari umukunzi we, bahita bemeza ko nyuma y’isusuzuma bakoze basanze ari Piddy.

Aya mashusho yagiye hanze mu gihe abanyamategeko ba Diddy bari bamaze iminsi barekeje mu nkiko gukuzaho ibirego umukiliya wabo ashinjwa, ndetse bakavuga ko ari umwere.

Nyuma yayo, Diddy yifashishije urubuga rwe rwa Instagram yafashe amashusho, asaba imbabazi avuga ko mu gihe yakoraga ibi yari ari mu bihe bibi ndetse afite ibibazo bitandukanye, ariko agaragaza ko bidakwiriye kuba urwitwazo.

Ati “Birakomeye cyane gusubiza amaso inyuma ukareba ku bihe wanyuzemo bikomeye mu buzima bwawe, ariko rimwe na rimwe uba ugomba kubikora. Ntabwo nari meze neza mu mutwe ariko ntabwo ari urwitwazo. Imyitwarire yanjye muri ariya mashusho ntabwo ari iyo kwihanganirwa. Nababajwe no kuba narabikoze ndetse ni nako bimeze ubu. Nashatse ubufasha, ntangira kujya kwivuza, ngomba gusaba Imana imbabazi n’ubuntu bwayo. ”

Diddy yasoje avuga ko ashaka kuba umuntu mwiza umunsi ku wundi ndetse agaragaza ko atari gusaba imbabazi, kuko bigoye kuzihabwa ariko asaba abantu kumwihanganira no kumwumva.

Kuva mu mwaka ushize nibwo Cassie yari yagannye inkiko ashinja Diddy kumuhohotera, ariko nyuma baza kubikemura hagati yabo. Nyuma y’uyu mugore ariko haje abandi benshi bashinjaga uyu mugabo ibyaha bijya gusa gutya barimo abagabo n’abagore.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul May 20, 2024 May 20, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Kim Kardashian yasezeranyije abagabo babiri b’abatinganyi

April 28, 2023
Imyidagaduro

David Gail wamenyekanye muri Beverly Hills yitabye imana ku myaka 58

January 22, 2024
Imyidagaduro

Abahanzi Amalon,Victor Rukotana na Juno Kizigenza bateguye ibitaramo bibimburira umunsi mpuzamahanga wa Muzika

April 30, 2025
Imyidagaduro

Dj Theo yitabye Imana nyuma y’uburwayi bukomeye yari amaranye iminsi

January 21, 2025
Iyobokamana

Abarasita basabye Apôtre Gitwaza kubasaba imbabazi kubera ibyo yabavuzeho

December 17, 2024
Imyidagaduro

Album ya Producer Davydenko na Tuff Gang izajya hanze mu ukuboza

November 17, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?