SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umuryango wa Jimmy Carter watangaje ko amaze umwaka ari mu kigo gishinzwe kumwitaho
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Umuryango wa Jimmy Carter watangaje ko amaze umwaka ari mu kigo gishinzwe kumwitaho
Andi makuru

Umuryango wa Jimmy Carter watangaje ko amaze umwaka ari mu kigo gishinzwe kumwitaho

Ahupa Radio
Last updated: 2024/02/19 at 11:22 AM
Ahupa Radio
Share
1 Min Read
SHARE

Ku Cyumweru tariki 18 Gashyantare 2024, Jimmy Carter wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yujuje umwaka ari mu kigo gishinzwe kumwitwaho mu gihe ategereje gusoza ubuzima bwe ku Isi.

Uyu mukambwe w’imyaka 99 yagiye kwitabwaho nyuma yo kuremba mu ntangiriro za 2023. Aho ari ni ahantu hashyirwa umuntu urwaye cyane batagamije ko akira kuko biba bitagishoboka, ahubwo bagamije kumutegura kugira ngo arangize ubuzima bwe ku Isi neza.

Umuryango wa Jimmy Carter washimye Imana ku bw’umwaka umubyeyi wabo amaze ategurwa, bashimira abakomeje kubereka ko bari kumwe.

Jason Carter, umwuzukuru wa Jimmy Carter yagize ati “Nyuma y’umwaka ari kwitabwaho, nta cyizere cy’uko umubiri we uzongera kuba usanzwe ariko turabizi ko umutima we ukomeye.”

Jimmy Carter ni we muntu wayoboye Amerika ukiriho ukuze kurusha abandi.

Ahantu Carter ari hazwi nka hospice, aho itsinda ry’inzobere ziba zimukurikiranira hafi zimurinda uburibwe n’ibindi byose bishobora gutuma apfa ababaye. Nta gihe runaka ubwo bufasha bumara kuko butangwa kugeza umuntu ashizemo umwuka.

Rosalynn Carter, umugore wa Jimmy Carter yapfuye mu Ugushyingo umwaka ushize afite imyaka 96.

Jimmy Carter yayoboye Leta Zunze Ubumwe za Amerika guhera mu 1977 kugeza mu 1981.

 

You Might Also Like

Edgar Lungu wahoze ayobora Zambia yitabye imana ku myaka 68

AFC/M23 yahagamagaje intumwa zayo zari mu biganiro I Doha Muri Qatar

Perezida Trump yakuyeho visa ku bihugu 12 birimo ibibazo by’ umutekano muke

Polisi y’igihugu yataye muri yombi abakekwaho ubujura 21 mu majyepfo

Urukiko rwateye utwatsi ikirego Rusesabagina aregamo kompanyi ya Gainjet yamuzanye mu Rwanda

Ahupa Radio February 19, 2024 February 19, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Alliah Cool mubazahabwa ibihembo mu nama ya “100 Most Notable Peace Icons Africa”.

July 19, 2024
Imyidagaduro

Joe Boy yakoreye igitaramo cy’amateka I Kampala

July 29, 2024
Andi makuru

Massamba Intore agiye gushyira hanze alubumu ye ya 12

February 20, 2025
Andi makuru

Haribazwa aho Omar al-Bashir aherereye muri iyi mirwano

April 26, 2023
Andi makuru

U Rwanda rwongeye gutangariza umuryango w’ubumwe bw’Uburayi ko rutazakomeza kwikorerzwa ibibazo bya RDC

March 11, 2025
Utuntu n'utundi

Abanyakoreya y’epfo bari mu gahinda nyuma yo kubuzwa kugurisha inyama z’Imbwa

January 9, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?