SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Urubyiruko rurasabwa kwitabira gukoresha agakingirizo kuko kaburinda kwandura indwara nyinshi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Urubyiruko rurasabwa kwitabira gukoresha agakingirizo kuko kaburinda kwandura indwara nyinshi
Andi makuru

Urubyiruko rurasabwa kwitabira gukoresha agakingirizo kuko kaburinda kwandura indwara nyinshi

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/02/16 at 12:01 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE
Urugaga rw’Imiryango itari iya Leta ishinzwe kurwanya SIDA, guteza imbere ubuzima no guharanira uburenganzira bwa muntu, irasaba urubyiruko kudatinya kugura udukingirizo kuko isoni zitaguranwa ubuzima.
Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Agakingirizo, ku wa 13 Gashyantare 2024, bamwe mu rubyiruko bavuze ko badakoresha udukingirizo kubera ipfunwe baterwa no kutugurira mu ruhame.
Rukundo Aimable avuga ko atapfa gutinyuka kugura agakingirizo mu iduka kuko bahita bamwita umusambanyi.
Ati ” Ndeba uko nihererana nyiri boutique nkamwongorera cyangwa nkahimba irindi zina agakingirizo.”
Uwase Kevine we yemeza ko kugura agakingirizo ari kirazira ku bakobwa kuko hagize ukaguze mu ruhame bamwita icyomanzi agata ibaba.
Ati” Ntabwo wajya kugura agakingirizo hafi yo mu rugo kuko batabika amakuru no ku kigo nderabuzima abakobwa biragoye gufatayo udukingirizo.”

Mu gihe gishize hari hashyizweho uburyo bwo gusangisha abaturage udukingirizo ahantu hihereye hakoreshejwe imashini, gusa zimwe zaje gusenywa izindi zaguye umugese.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Rwanda NGOs Forum, Kabanyana Nooliet yavuze ko kwigisha abantu ko agakingirizo ari ubuzima bituma abagira amasoni yo kutugurira mu ruhame babicikaho.
Avuga ko igihe cyose umuntu azumva ko agakingirizo atari ikintu gifite agaciro kuko kamurindira ubuzima bizatuma ashobora kugwa mu mutego wo kutagakoresha.
Ati ” Ni uko tubigisha, bakazumura imyumvire bakumva agaciro ko gukoresha agakingirizo n’icyo bibafasha kuramira ubuzima bwabo.”
Kabanyana avuga ko bafatanyije na Leta n’abandi bafatanyabikorwa bashyizeho gahunda yo kwigisha urubyiruko bikozwe n’urubyiruko bagenzi babo.
Ni gahunda yiswe “Umujyanama w’Urungano” igamije kongerera urubyiruko ubwisanzure n’ubumenyi k’ubuzima bw’imyororokere.
Ati ” Bakiga HIV bakayimenya, bakumva ibyiza n’ibibi ariko bimwe bize bakaza kubigeza no kuri bagenzi babo, aho usanga Umujyanama w’Urungano ayobora bagenzi be hagati ya 25 na 30.”
Yakomeje avuga ko urugaga abereye umuyobozi rukomeje gukaza ingamba zirimo ubukangurambaga n’amahugurwa kugira ngo abantu b’ingeri zose bagire amakuru kuri Virusi itera SIDA.
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kurwanya ubwandu bushya bwa Virusi itera Sida mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Dr Basile Ikuzo, yavuze ko nta wukwiriye kwigira ntibindeba mu guhangana na Virusi itera SIDA.
Yagaragaje ko igihe kigeze ngo abantu bavugishe ukuri ko bidateye isoni kugura agakingirizo kuko iyo umuntu yanduye Virusi itera SIDA adaterwa ipfunwe no kujya gufata imiti.

Ati ” Nugira isoni zo gufata agakingirizo ntuzagira isoni zo kujya gufata imiti.”
Dr Ikuzo avuga ko buri wese akangurirwa kwipimisha kugira ngo amenye uko ahagaze, gutinyuka kugura no gukoresha agakingirizo kuko isoni zitaguranwa ubuzima.
Umuryango Urwanya SIDA ukanita ku banduye agakoko kayitera, AHF buri mwaka utanga udukingirizo turi hagati ya miliyoni enye n’eshanu, ni mu gihe igihugu cyo cyinjiza miliyoni 30 z’udukingirizo ku mwaka

You Might Also Like

Perezida Kagame yasuye ishuri rikuru ry’’ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano muri Algerie

Aline Gahongayire yijeje abo mu Bubiligi igitaramo cy’amashimwe

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Mugenzi we biyemeza gufungura ambasade ya Algerie mu Rwanda

Perezida Kagame yunamiye Maqam Echahid waharaniye ubwigenge bwa Algerie

Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Algeria (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul February 16, 2024 February 14, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Bull Dogg na Riderman basangije inshuti zabo urugendo rwabageje ku gukorana album bise Icyumba cy’amategeko

July 26, 2024
Imyidagaduro

Platini n’abahanzi bazamufasha mu gitaramo yise Baba Experience bamaze impungenge abazakitabira

March 30, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yakiriye Davido muri Village Urugwiro

August 18, 2023
Imyidagaduro

Kevin Montana yasabye abakunzi b’umuziki guhora bishimye mu ndirimbo yise Zamuka (Video)

November 1, 2024
Utuntu n'utundi

Apôtre Yongwe yajuririye mu rukiko rwisumbuye

November 7, 2023
Imyidagaduro

Sean Kingston n’umubyeyi we Janice Turner bashobora kwisanga mu buroko

March 30, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?