SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Abaperezida batanu b’Afurika berekanye ubutunzi bw’ubutaka bwabo imbere ya Donald Trump.
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Abaperezida batanu b’Afurika berekanye ubutunzi bw’ubutaka bwabo imbere ya Donald Trump.
Andi makuru

Abaperezida batanu b’Afurika berekanye ubutunzi bw’ubutaka bwabo imbere ya Donald Trump.

Ahupa Radio
Ahupa Radio
Published: July 10, 2025
Share
SHARE

Abakuru b’ibihugu bitanu bya Afurika bagiye ku meza y’ibiganiro na Perezida w’Amerika Donald Trump muri White House, aho baganiriye ku bucuruzi, ishoramari n’umutekano. Ariko icyagarutsweho cyane ni umutungo kamere w’ibihugu byabo.

Contents
Trump yerekanye impamvu nyamukuru y’integuzaDipolomasi ya Trump ishingiye ku nyungu zigaragaraAbakuru b’ibihugu bahamya ubushobozi bw’iwaboNta masezerano arashyirwaho umukono ariko hari impinduka zikomeye

Bari bahari ni:

  • Bassirou Diomaye Faye w’u Senegal,
  • Umaro Sissoco Embalo wa Guinée-Bissau,
  • Brice Oligui Nguema wa Gabon,
  • Joseph Boakai wa Liberia, na
  • Mohamed Ould Ghazouani wa Mauritanie.

Trump yerekanye impamvu nyamukuru y’integuza

Mu itangiriro ry’ifungurwa ry’iyo nama, Perezida Trump yavuze impamvu y’ingenzi yatumye batumira abo bakuru b’ibihugu: “Ibihugu byabo ni ahantu hihariye, bifite ubutaka bufite agaciro kanini, amabuye y’agaciro akomeye, peteroli nyinshi, ndetse n’abaturage beza.”

Yongeyeho ko Afurika ifite ubushobozi bukomeye bw’ubukungu bwagereranywa n’ahandi hantu hake ku isi, anavuga ko yifuza ko Amerika yongera uruhare rwayo ku mugabane.

Dipolomasi ya Trump ishingiye ku nyungu zigaragara

Kuva Donald Trump yagaruka ku butegetsi, yatangiye gushyira imbere diplomasi ishingiye ku nyungu z’ubucuruzi, aho amabuye y’agaciro afatwa nk’inkingi y’ibiganiro. Ibyo byagaragaye no mu masezerano aherutse hagati ya Rwanda na RDC, cyangwa ku bufatanye na Ukraine.

Ibihugu bitanu byari bitumiwe bizwiho kugira umutungo w’amabuye akomeye nk’zahabu, manganèse, uranium, lithium, n’andi mabuye yifashishwa cyane mu nganda zikora ibikoresho by’ikoranabuhanga n’imodoka z’amashanyarazi.

Abakuru b’ibihugu bahamya ubushobozi bw’iwabo

  • Mohamed Ould Ghazouani wa Mauritanie yavuze ko igihugu cye gifite amahirwe menshi mu rwego rw’amabuye y’agaciro, harimo manganèse, uranium, lithium, n’andi.
  • Bassirou Diomaye Faye wa Senegal yemeje ko igihugu cye gifite stabilite politike n’amategeko abereye abashoramari, kandi ko gifite umutungo kamere ukomeye nka peteroli na gazi. Yanasabye Trump gushora imari mu kubaka club de golf muri Senegal, amushimira nk’umukinnyi mwiza.
  • Brice Oligui Nguema wa Gabon we yavuze ko igihugu cye gifite abaturage bagera kuri miliyoni 2, ariko bafite umutungo mwinshi w’amabuye y’agaciro na peteroli. US Geological Survey yemeje ko Gabon yari igihugu cya kabiri ku isi mu 2023 mu gutunganya manganèse, inyuma ya Afurika y’Epfo.

Nta masezerano arashyirwaho umukono ariko hari impinduka zikomeye

Nubwo nta masezerano nyakuri arashyirwaho umukono, Trump yongeye kugaragaza impinduka zikomeye muri politiki y’ubufasha: avuga ko ashaka kwibanda ku gushora imari aho gutanga inkunga isanzwe.

Ibi bije mu gihe USAID ikigo cy’Amerika gishinzwe iterambere cyakuweho ku mugaragaro, kikaba cyarafashaga ibihugu byinshi by’Afurika. Marco Rubio, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika, yavuze ko inkunga ya USAID yageraga kuri 2.5% by’umusaruro mbumbe wa Liberia, ndetse igahagararira 48% by’ingengo y’imari y’ubuzima.

Trump yifuza ko ibyo asimbuzwa ubufatanye bushingiye ku mutungo kamere, anavuga ko ari uburyo bwo guhangana na politiki y’ubucuruzi y’u Bushinwa ku mugabane wa Afurika.

Kagame ari kugirana ikiganiro n’itangazamakuru nyuma yo gusoza kwiyamamaza
RDC havutse umutwe w’inyashyamba mushya witwa C.R.P uyobowe na Thomas Lubanga
Perezida Kagame yagiranye ikiganiro na mugenzi we wa Senegal Bassirou Diomaye Faye
Papa Francis yicujije ku magambo yavuze ku bagabo baryamana bahuje ibitsina
Massamba Intore agiye gushyira hanze alubumu ye ya 12
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Cubes 2 Bonus Buy

May 28, 2024

Search Free Online Pokies Games Australia

September 5, 2023

The Platinum Casino

May 28, 2024

Are Online Slots In Ireland Only Allowed In Casinos 2023

August 22, 2018
Andi makuru

Ndandambara yakoze agashya mu gitaramo cya Gen -z comedy kitabiriwe na Minisitiri utumwatwishima (Amafoto)

July 12, 2024
Imyidagaduro

Jacky nyuma yo kuva mu gihome yakiriye agakiza arabatizwa

January 19, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?