SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Salva Kiir yirukanye Umugaba mukuru w’Ingabo Nyuma y’amezi 7
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Salva Kiir yirukanye Umugaba mukuru w’Ingabo Nyuma y’amezi 7
Andi makuru

Perezida Salva Kiir yirukanye Umugaba mukuru w’Ingabo Nyuma y’amezi 7

Shema Yvan
Shema Yvan
Published: July 9, 2025
Share
SHARE

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir, yirukanye Umugaba Mukuru w’Ingabo nyuma y’amezi arindwi ku mwanya, ashyiraho undi musimbura, nk’uko byatangajwe kuri radiyo y’igihugu.

Nta mpamvu yatanzwe ku cyemezo cyo kwirukana Paul Nang Majok mu itangazo ryasohowe ku mugoroba wo ku wa Mbere. Majok yari amaze kuba kuri uwo mwanya kuva mu Ukuboza.

Iryo tangazo ryavuze ko Kiir yashyizeho Dau Aturjong nk’Umugaba Mukuru w’Ingabo (Chief of Defence Forces) mushya.

Majok ni we wari uyoboye ingabo mu gihe imirwano yakomezaga hagati y’ingabo za leta n’umutwe witwaje intwaro wa White Army, ugizwe ahanini n’urubyiruko rw’aba-Nuer, byatumye havuka indi nkundura y’ibibazo bya politiki muri icyo gihugu.

“Hari umuco umaze igihe ko iyo umuntu ahabwa umwanya cyangwa yimuwe, nta mpamvu itangazwa ku cyemezo cyo kumugenera uwo mwanya cyangwa kumukuraho. Ni ibisanzwe,” nk’uko byatangajwe na Lul Ruai Koang, umuvugizi w’ingabo za Sudani y’Epfo.

Sudani y’Epfo imaze igihe iri mu mahoro byemewe n’amasezerano yo mu 2018 yasinywe nyuma y’intambara yamaze imyaka itanu, yahitanye abantu ibihumbi n’ibihumbi. Ariko, ubugizi bwa nabi hagati y’amoko atandukanye bukomeje kugaragara kenshi.

Mu kwezi kwa Werurwe, Visi Perezida wa Mbere, Riek Machar, yashyizwe mu mugiriro w’inzu (house arrest), bikaba byarateje impungenge z’uko imirwano ishobora kongera kubura.

Minisitiri w’Itangazamakuru, Michael Makuei, yavuze ko gufunga Machar byatewe n’uko yakomeje kuvugana n’abamushyigikiye no kubashishikariza kwigomeka kuri leta, agamije guhungabanya amahoro ku buryo amatora ataba, maze Sudani y’Epfo ikagaruka mu ntambara.

Ishyaka rya Machar ryahakanye inshuro nyinshi ibyo leta iribashinja byo gushyigikira umutwe wa White Army, wagiye mu mirwano n’ingabo za leta mu mujyi wa Nasir, uherereye mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu, mu kwezi kwa Werurwe.

Mu kwezi kwa Gicurasi, ingabo za Sudani y’Epfo zatangaje ko zigaruriye uwo mujyi wa Nasir zari zarambuwe n’umutwe wa White Army.

Perezida Kagame yashyize indabo ku rwibutso rwa Freedom Monument’ rw’abasirikare ba Latvia (Amafoto)
#Kwibuka30 : Kayonza abarokotse Jenoside barasaba ko imibiri y’abatutsi ishyinguye muri Tanzania yazanwa mu Rwanda
Visi Perezida Riek Machar wa Sudan y’Epfo arafunze
Perezida Kagame  yasabye ko ababyeyi baha abana inzoga bajya bahanwa
Gen (Rtd) James Kabarebe yarahiriye kwinjira muri EALA
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

New Real Money Online Casinos

May 28, 2024

The Golden Lady Casino

May 28, 2024

Best Paying Online Spins At Dublin Casino In 2023

November 14, 2019

Rooster Bet Casino Login App Sign Up

May 28, 2024

Most Winning Game In Casino

May 28, 2024

Drive Casino Review And Free Chips Bonus

May 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?