SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ingabire Victoire  yongeye gufungwa
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Ingabire Victoire  yongeye gufungwa
Andi makuru

Ingabire Victoire  yongeye gufungwa

Ahupa Radio
Ahupa Radio
Published: June 20, 2025
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza, nyuma yo gusabwa n’ubushinjacyaha kumukoraho iperereza.

RIB yemeje ko Ingabire ukuriye ishyaka Dalfa-Umurinzi ritemewe mu Rwanda ari mu maboko yayo, mu butumwa yanditse ku rubuga rwayo rwa X.

Yagize iti: “RIB ibisabwe n’Ubushinjacyaha, tariki ya 19 Kamena 2025, yatangije iperereza kuri Ingabire Umuhoza Victoire, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa icyemezo cy’Urukiko Rukuru mu rubanza ruregwamo Sibomana Sylvain na bagenzi be, kugira ngo ashyikirizwe Urukiko.”

Uru rwego rwakomeje rusobanura ko Ingabire we na bagenzi be bakurikiranyweho “ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi no gutegura ibikorwa bigamije gukurura imvururu muri rubanda.”

Uyu munyapolitiki afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Remera, mu gihe ategereje gushyikirizwa ubushinjacyaha.

Ingabire Victoire Umuhoza yafunzwe nyuma y’uko ejo ku wa Kane yari yitabye Urukiko Rukuru kugira ngo rugire ibyo rumubaza ku byaha abarwanashyaka b’ishyaka rye rya Dalfa-Umurinzi baregwa, birimo kuba baritabiriye amahugurwa yo gukuraho ubutegetsi hadakoreshejwe intambara.

Ingabire yari yatumijweho n’urukiko, nyuma y’uko mu maburanisha yabanje ubushinjacyaha bwagiye bumushyira mu majwi ko afite aho ahuriye n’ariya mahugurwa.

Ubwo yatangaga ibisobanuro yabwiye urukiko ko abaregwa uko ari icyenda abazi, gusa ashwishuza ko amahugurwa bashinjwa kwitabira ntaho ahuriye na we cyangwa ishyaka rye, na cyane ko ngo ritemewe mu Rwanda.

Nyuma y’amasaha abiri inteko iburanisha iri mu mwiherero kugira ngo isuzume ibisobanuro byatanzwe na Ingabire Victoire, urukiko rwavuze ko rusanga ubushinjacyaha bugomba kumukoraho iperereza rihamye.

Rwavuze kandi ko nyuma yo gusuzuma ibisobanuro yaruhaye, rwasanze bidahagije kandi hakaba hari ibimenyetso bimushinja.

Perezida w’iburanisha yategetse ubushinjacyaha gukora iperereza maze bukazashyikiriza urukiko ibyavuye mu iperereza.

Urukiko Rukuru rwa Kigali rwanzuye ko iperereza rigomba kuba ryamaze gukorwa mu gihe cy’ibyumweru bibiri, uhereye kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Kamena 2025.

Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Qatar
Perezida Zelensky yahishuye ko nta matora azaba igihugu cyiri mu ntambara
Perezida wa Latvia, Edgars Rinkēvičs, yakiriye ku meza Perezida Paul Kagame (Amafoto)
Amafoto yibyaranze irushanwa rya ‘SupraModel’ ryegukanywe na Umutesi Li Hua Brenda
Umuvugizi wa Guverinoma Yolande Makolo yanyomoje amakuru yatangajwe n’ikinyamakur The Guardian
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

What Are The Best Online Slots Bonuses For Irish Players

December 13, 2017

Train Slot Machine Game

February 25, 2025

What Are The Best Online Casinos In Ireland To Play Slots In 2023

August 13, 2019

Lightning Link Slot Machine

February 25, 2025

No Deposit Casino Demo Ireland 2023

May 28, 2024

What Are The Licensed Electronic Casino Slots In Ireland

May 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?