SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umuherwe Elon Musk yavuye mu kazi yari yarahawe na Perezida Trump
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Umuherwe Elon Musk yavuye mu kazi yari yarahawe na Perezida Trump
Andi makuru

Umuherwe Elon Musk yavuye mu kazi yari yarahawe na Perezida Trump

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/05/29 at 2:23 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

 Umunyemari Elon Musk, wari usanzwe ari Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe kugabanya amafaranga Leta ya Amerika ikoresha mu buryo budakwiye (DOGE), yatangaje ko yasezeye kuri izo nshingano.

Ni icyemezo Elon Musk yatangaje ku wa 28 Gicurasi 2025, bikaba bije nyuma y’ibimaze iminsi bivugwa ko uyu muherwe na Perezida wa Amerika, Donald Trump, bamaze igihe batumvikana ku ngingo zitandukanye.

Trump yashinze ikigo cya DOGE mu rwego rwo gushaka ahasesagurwa amafaranga mu buryo butemewe ndetse no kugira ngo yifashishwe mu bikorwa bibyarira inyungu Abanyamerika.

Iki kigo kigaragaza ko kuva cyatangira imirimo kimaze gufasha Leta kuzigama miliyoni 140 z’Amadolari binyuze mu kugabanya amafaranga yari gukoreshwa, gusesa amasezerano no kugabanya abakozi bagera ku bihumbi 200 ndetse no guhagarika inkunga yoherezwaga mu bihugu byo mu mahanga.

Musk abinyujije kuri X yanditse ko igihe yari kumara ku buyobozi bw’iki kigo cyageze ndetse anashimira Trump wamuhaye amahirwe yo kukiyobora.

Yagize ati “Igihe cyanjye kirageze nk’umukozi w’ikigo kidasanzwe cya Leta, ndashimira Perezida Trump wampaye amahirwe yo kugabanya amafaranga igihugu cyakoreshaga mu buryo budakwiye.”

Igihe cyo guhagarika akazi muri DOGE cyari kigeze kuri Musk kuko byari biteganyijwe ko azayobora iki kigo kugeza mu mpera za Gicurasi uyu mwaka.

Elon Musk afashe iki cyemezo nyuma y’uko yari aherutse gutangaza ko atigeze yishimira umushinga w’itegeko wa Trump ujyanye n’imisoro ndetse n’imikoreshereje y’amafaranga, aho yavuze ko ibyo bihabanye n’intego za DOGE.

Ku wa 24 Gicurasi 2025 nabwo yari yatangaje ko yasezeye akazi yari afite muri Guverinoma ya Amerika, agaragaza ko agiye gusubira gukora muri sosiyete ze zirimo Tesla n’izindi.

 

You Might Also Like

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Umunyamauritaniya Sidi Ould Tah yatorewe kuyobora Banki Nyafurika Itsura amajyambere

Joseph Kabila yagiranye inama nyunguranabitekerezo n’abayobozi b’amadini muri Goma

Nsanzabera Jean Paul May 29, 2025 May 29, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Abasenateri Dr. Nyinawamwiza Laëtitia na Uwera Pélagie baratabariza Itangazamakuru

February 28, 2025
Imyidagaduro

Nel Ngabo yahishuye ko indirimbo woman ariyo akunda kuri alubumu ye yise Life, love and light’

June 20, 2023
Imyidagaduro

Umunyamakuru Babu wa Isibo Tv yasabiwe gufungwa umwaka

June 13, 2024
Imyidagaduro

Bimwe mu bikoresho byakoreshejwe muri Filime zakunzwe harimo na Titanic bigeye gutezwa cyamunara

October 3, 2023
Imyidagaduro

Kuki abafana bamwe batakiriye neza umushinga mushya wa Yago wo kuririmba

February 23, 2023
Andi makuru

Qatar yashimiye u Rwanda na DRC ku mugambi wo kurangiza intambara ya M23

March 24, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?