SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo
Imyidagaduro

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/05/28 at 11:12 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Jose Chameleone, yatangaje umugambi wo gushinga ishuri rya muzika i Kampala, nyuma y’uko asuye Ishuri rya Muzika rya Nyundo mu Rwanda, ku wa Kabiri tariki 27 Gicurasi 2025.

Yari kumwe na murumuna we Weasel wo mu itsinda GoodLyfe na DJ Pius wo mu Rwanda, ndetse banahakoreye n’amashusho y’indirimbo bafitanye.

Umuyobozi w’Ishuri rya Nyundo, Murigande Jacques uzwi nka Might Popo yabwiye InyaRwanda ko Chameleone na Weasel bashimishijwe cyane n’uburyo ishuri riteguye, ibikoresho byaryo n’uburyo abanyeshuri biga umuziki mu buryo bw’umwuga, kandi banahabwa andi masomo ajyanye n’imyuga n’imiyoborere.

Yagize ati “Chameleone yaje gusura ikigo cyacu ku matsiko ye ariko azanywe na DJ Pius. Bafitanye n’indirimbo bahise bayikorera amashusho mu ishuri rya muzika rya Nyundo.”

Mu gihe bageraga mu ishuri, Chameleone yumvise umusore witwa Ndekwe, umunyeshuri uririmba injyana ya Hip Hop, anyurwa n’impano ye. We na murumuna we Weasel bahise bemera kuzamwishyurira indirimbo ebyiri nk’inkunga yo kumufasha gutangira urugendo rw’umuziki mu buryo bw’umwuga.

Ati “Chameleone na Murumuna we Weasel. Baranezerewe cyane bamaze kubona ikigo cyacu, bamaze no kumva impano y umusore witwa Ndekwe uririmba Hip Hop bamwemerera kuzatera inkunga indimbo ze ebyiri.”

Urugendo rwa Chameleone rwanabaye umwanya wo gukorera amashusho y’indirimbo nshya afatanyije na DJ Pius, mu nyubako n’ahandi hantu heza hari ku ishuri. Iyi ndirimbo biteganyijwe ko izasohoka mu gihe kiri imbere, ikazaba ari imwe mu zigaragaza ubufatanye bw’abahanzi bo mu karere.

Ishuri rya Muzika rya Nyundo ryatangiye mu 2014, rigamije gutegura abahanzi n’abahanga mu muziki bafite ubumenyi buhamye, babasha kwihangira imirimo no kugira uruhare mu iterambere ry’umuco.

Kuva ritangiye, ryamaze gushyira ku isoko amagana y’abahanzi barangije amasomo y’umuziki n’ubucuruzi bushingiye ku buhanzi.

Abanyeshuri bigishwa gucuranga ibikoresho bitandukanye, kuririmba, gutunganya umuziki, kuririmba mu matsinda, imitegurire y’ibitaramo, ndetse n’amasomo y’ubumenyi rusange n’ubuyobozi.

Mighty Popo yatangarije itangazamakuru  ko Chameleone yabasabye kuzamufasha kubaka ishuri nk’iri i Kampala kuko ahafite ubutaka bunini. Avuga ati “Igitekerezo cyo kubona ishuri rya muzika ryihariye ryarashimishije cyane Jose Chameleone ku buryo yahise yifuza ko twamufasha kuzatangiza ishuri risa nk’iryacu iwabo mu Mujyi wa Kampala muri Uganda aho yatubwiye ko afite ubutaka bunini cyane.”

Namusubije nti “Byaba byiza cyane biramutse bibaye, twamufasha rwose biciye mu nzira zose zemewe n’abanyafurika twazubaka Africa yacu.”

Uru ruzinduko ni ikimenyetso cy’uko umuziki ushobora guhuzwa n’uburezi ugatanga ibisubizo birambye. Ni intangiriro y’ubufatanye bushobora gufasha ibihugu byombi kongera umusaruro w’umuco n’ubuhanzi.

Mighty Popo ati “Ibyo Chameleone yatangiye ni urugero rwiza ku bandi bahanzi bo mu karere. Iyo impano ihuye n’uburezi, havamo impinduka ihamye.”

 

 

You Might Also Like

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

King Promise yasangije urugendo rwe mu muziki abana bafashwa na Sherrie Silver Foundation

The Ben ,Diamond ,Bebe Cool na Eddy Kenzo bayuze abaitabiriye igitaramo cya Coffe Marathon UG (Amafoto

Jose Chameleone na Murumuna we bunamiye inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi zishinguye mu Rwibutso rwa Gisozi

Nsanzabera Jean Paul May 28, 2025 May 28, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Col Rtd Ruhunga Jeanot yahererekanyije ububasha na Col Pacifque Kayigamba Kabanda wamusimbuye

April 1, 2025
Imikino

Jibu Rwanda yasinye amasezerano y’ubufatanye na Vision Fc

April 5, 2025
Imyidagaduro

Noopja yagizwe umuyobozi uhagarariye inyungu za Trace East Africa mu Rwanda

January 12, 2023
Imyidagaduro

Umunyamideri Moses Turahirwa yatangaje ko byemewe n’amategeko ari umugore

April 27, 2023
Imikino

Amavubi azakina umukino wa gicuti na Algeria

April 22, 2025
Imikino

Mashami Vincent yahagaritswe na Police Fc abura amezi 6

January 8, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?