SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Munyakazi Sadate yongeye gucyeza inkotanyi zatumye yongera kwiyubaka akaba uwo ariwe ubu
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Munyakazi Sadate yongeye gucyeza inkotanyi zatumye yongera kwiyubaka akaba uwo ariwe ubu
Andi makuru

Munyakazi Sadate yongeye gucyeza inkotanyi zatumye yongera kwiyubaka akaba uwo ariwe ubu

Wakibi Geoffrey
Wakibi Geoffrey Published April 30, 2025
Share
SHARE

Munyakazi Sadate wahoze ayobora Rayon Sports, yasangije abamukurikira uko yahekuwe na Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ariko ashimira cyane Inkotanyi zatumye yongera kugira umuryango ubu akaba ari umwe mu banyuzwe n’abamukomotseho.

Mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange, bari mu minsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, abantu batandukanye bakomeje gusangiza ababakurikira ubuzima busharira baciyemo mu gihe hakorwaga iyo Jenoside yahekuye u Rwanda ikajyana abarenga Miliyoni.

Umwe mu bafite izina rinini biciye muri Siporo y’u Rwanda, Munyakazi Sadate wabayeho Perezida wa Rayon Sports, abicishije ku mbuga nkoranyambaga zirimo X azwiho gukoresha cyane, yasangije abamukurikira ubuzima busharira yanyuzemo ubwo hagaba Jenoside yakorewe Abatutsi n’uko yamuhekuye ikamujyana ababyeyi n’abavandimwe ariko ashimira cyane Inkotanyi zamusubije Ubuzima.

Munyakazi yavuze ko ku munsi nk’uyu wa tariki ya 30 Mata 1994, ari bwo abe bishwe urw’agashinyaguro bazizwa uko Imana Yabaremye. Yavuze ko igihe nk’iki muri uwo mwaka, wari umunsi wamubereye mubi mu buzima bwe ku buryo atanatekerezaga ko yabaho.

Ati “Amasaha nk’aya mu myaka 31 ishize, izuba ryari rirashe, umunsi Wasaga nk’indi. Wari wuzuye agahiri n’agahinda ariko nari mfite umuryango sinitwaga impfubyi. Gusa nta bwo natekerezaga ko mu masaha make ari imbere, umunsi uhinduka ikibunda ugacura umwijima udashira mu mutima wanjye.”

“Ku munsi nk’uyu, 30 Mata 1994 mu myaka 31 ishize, mwishwe urw’agashinyaguro, Intagondwa z’Abahutu zishe kandi zitsemba umuryango mwiza.”

Munyakazi yakomeje asaba abamukurikira kuri X n’Abanyarwanda muri rusange, ko mu gihe hibukwa Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994, bamufasha kwibuka umuryango we wishwe.

Ati “Ndibuka data, Nyamwasa Faustin, Mama, Mukamutara Asselle, mushiki wanjye, Mugeni Yvette, marume, Bizumungu Pierre Céléstin n’abandi bana be bane, Fils, Mimy, Macabiri na Mamy, mama wacu, Ntakimuruta Marie Aimé. Ndabibuka.”

Nyuma y’uko Jenoside yamutwaye aba bose, Sadate yavuze ko afite ubuzima kubera Inkotanyi zamuhaye Umutekano no kugira uburenganzira mu Gihugu cye cy’amavuko.

Ati “Mfite Ubuzima kuko Inkotanyi zabumpaye. Umutekano, Igihugu n’Uburenganzira bwo kubaho ntuje kandi ntekanye. Ku myaka 12, nabaye umukuru w’umuryango wari urokotse, umuryango wari wuzuye agahiri n’agahinda, byatumye ngira amahitamo.”

Uyu mugabo uzwiho kudaca ku ruhande mu gihe cyose abona ukuri, yavuze ko ibi bihe yaciyemo, byamwigishije kuba umunyakuri mu buzima bwe bwose, cyane ko n’Inkotanyi zabimutoje.

Ati “Nahisemo kuba umugabo uharanira ukuri akanga ikinyoma. Nahisemo kubahesha agaciro, nimazaka kirazira mwantoje ari na zo nasanganye Inkotanyi mwambwiraga. Sinzaba umuhemu, igisambo cyangwa ikurura.”

Munyakazi yakomeje avuga ko n’ubwo abe bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, we n’umutima we, babashije kubabarira abamuhekuye.

Ati “Nabashije kubabarira kuko mwantoje urukundo. Niyubatse uko nshoboye n’ubwo mutari muhari ngo mungire inama, ingabo mu bitugu cyangwa se ngo nterwe ishema ryo kubitura ineza mwangiriye.”

Yakomeje avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi, ari amahano ndenga kamere u Rwanda n’Isi byagize, gusa avuga ko bitazongera kubaho ukundi. Munyakazi kandi, yashimiye cyane Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame na Madame, Jeannette Kagame, bahekeye u Rwanda.

Sadate yavuze ko mushiki we, Yvette wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yasimbuwe na Ingabire Bibio afata nka mushiki we. Avuga kandi ko atewe ishema n’uko ubu afite umuryango yishimiye urimo umugore we n’abana bamukomotseho ndetse avuga ko yagaruye amashyo yari yarazimiye.

Ati “Amashyo narayagaruye, ubu nongeye kuba umutunzi nyuma yo kurwara ubworo. Inshuti ndazifite n’ubwo bigoye kumenye iz’ukuri. Sintinya urupfu kuko Inkotanyi ni Ubuzima. Ndaryama nkasinzira kubera abasore n’inkumi beza barinze u Rwanda. Umutekano ni wose i Rwanda. Erega shenge dusigaye dusagurira n’Amahanga, sin ka cya gihe bwacyaga mutazi ko buri bwire.”

Iminsi 100 yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, itangira tariki ya 7 Mata ikarangira tariki ya 4 Nyakanga buri mwaka.

 

You Might Also Like

Natty Dread yitabye Imana azize Kanseri

Uruganda rwa skol Rwanda rwishimiye Imidari ibinyobwa byarwo byegukanye mu marushanwa ya Monde Selection

Iran yagabye ibitero kuri Israel ikoresheje Drone zirenga 100

Israel yishe abayobozi bakuru mu ngabo za Iran

Amashimwe menshi kuri Ariel Wayz nyuma yo kwinjira mu nzu ifasha bahanzi ya Universal Music Group

Wakibi Geoffrey April 30, 2025 April 30, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Tecno na MTN byashyize kw’Isoko telefone nshya ya Tecno Camon 40 (Amafoto)

March 28, 2025
Andi makuru

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko igiye gukoresha Drone gucunga umutekano wo mu muhanda

January 4, 2025
Imyidagaduro

Nyuma ya The Ben Dj Toxxyk nawe yiyongereye mu bazafasha Bwiza mu gitaramo azakorera mu Bubiligi

February 5, 2025
Imikino

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

June 1, 2025
Imyidagaduro

Boys II Men bakiranywe urugwiro i Kigali

October 26, 2023
Andi makuruImikino

Perezida Kagame yasangiye n’abitabiriye Inama ya FIA mu Rwanda

December 13, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?