SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Doug Emhoff umugabo wa Kamala Harris yirukanwe na Trump
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Doug Emhoff umugabo wa Kamala Harris yirukanwe na Trump
Andi makuru

Doug Emhoff umugabo wa Kamala Harris yirukanwe na Trump

Ahupa Radio
Ahupa Radio Published April 30, 2025
Share
SHARE

Perezida Donald Trump ukomeje gucisha umweyo mu bayobozi batandukanye muri Guverinoma n’ibigo bya Leta, yirukanye Doug Emhoff, umugabo wa Kamala Harris wahoze ari Visi Perezida.

Ku wa 29 Mata 2025, ubutegetsi bwa Perezida Trump bwatangaje ko bwirukanye Doug Emhoff n’abandi bantu bashyizwe na Joe Biden mu Nama y’Ubutegetsi y’Urwego rishinzwe Inzu Ndangamurage ya Amerika y’Abazize Jenoside yakorewe Abayahudi.

Nk’uko CNN yabitangaje, amakuru yizewe avuga ko abo birukanywe barimo Ron Klain wahoze ari umuyobozi mukuru mu biro bya Perezida, Susan Rice wabaye umujyanama wa Biden, Anthony Bernal, Jennifer Klein hamwe na Doug Emhoff.

Mary Sprowls ukora mu biro bya Perezida bishinzwe abakozi, ni we wandikiye bamwe muri aba bayobozi abamenyesha ko birukanywe.

Umugabo wa Kamala Harris uri mu birukanywe yahise asohora itangazo agaragaza ko atishimiye iki cyemezo.

Yagize ati “Bambwiye ko nkuwe ku rutonde rw’abagize Inama y’Igihugu y’Inzu Ndangamurage y’Abazize Jenoside yakorewe Abayahudi. Ndashaka kubivugaho neza, kwibuka Jenoside no kwigisha ibyayo ntibikwiye gukoreshwa mu bya politiki. Gukoresha amateka mabi nk’aya nk’intwaro ya politiki ni ibintu bibi kandi ni ugutesha agaciro urwibutso rw’Abayahudi miliyoni esheshatu bishwe n’Aba-Nazi, iyo nzu yubatswe ngo ibibuke”.

Yongeyeho ko nubwo yirukanywe, azakomeza guharanira kurwanya urwango, cyane cyane urugirirwa Abayahudi, no kwigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abayahudi.

Ni mu gihe umuvugizi wa White House, Karoline Leavitt, yagize ati “Perezida Trump arateganya gushyiraho abandi bantu bashya bazubaha urwibutso rw’abazize Jenoside, kandi banashyigikira Leta ya Israel byimazeyo”.

Doug Emhoff yashyizwe muri iyi Nama y’Ubutegetsi mu 2023, ku butegetsi bwa Joe Biden.

 

You Might Also Like

Natty Dread yitabye Imana azize Kanseri

Uruganda rwa skol Rwanda rwishimiye Imidari ibinyobwa byarwo byegukanye mu marushanwa ya Monde Selection

Iran yagabye ibitero kuri Israel ikoresheje Drone zirenga 100

Israel yishe abayobozi bakuru mu ngabo za Iran

Amashimwe menshi kuri Ariel Wayz nyuma yo kwinjira mu nzu ifasha bahanzi ya Universal Music Group

Ahupa Radio April 30, 2025 April 30, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Rutahizamu wa Real Madrid Vinicius Junior yaguze ikipe yitwa FC Alverca

February 18, 2025
Andi makuru

U Rwanda rwohereje izindi ngabo naba Polisi muri Mozambique

August 20, 2024
Imyidagaduro

Bruce Melodie na manager we baguze imigabane muri UGB

January 18, 2024
Imyidagaduro

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

June 3, 2025
Imyidagaduro

Burna Boy yesheje agahigo ko kumvwa n’abarenga milliyari kuri Audiomack

June 23, 2023
Andi makuru

Agahinda mu muryango wa Mushikiwabo Louise nyuma y’urupfu rwa musaza we

July 30, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?