SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Gen Muhoozi yongeye gushimangira ko agiye kubaka Lugogo Arena i Kampala
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Gen Muhoozi yongeye gushimangira ko agiye kubaka Lugogo Arena i Kampala
Andi makuru

Gen Muhoozi yongeye gushimangira ko agiye kubaka Lugogo Arena i Kampala

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul Published April 28, 2025
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko Uganda igiye kubaka inyubako y’imyidagaduro nshya yiswe Lugogo Arena, izubakwa i Kampala ahazwi nka Lugogo Cricket Oval.

Uyu mushinga uzubakwa na kompanyi yo muri Turukiya, Summa Construction Company, isanzwe izwiho kubaka inyubako nk’iza Dakar Arena muri Sénégal na BK Arena yo mu Rwanda.

Gen. Muhoozi yavuze ko iki gikorwa kije gusohoza isezerano yahaye urubyiruko rwa Uganda. Iyi Arena izajya yakira abantu 15,000 ndetse hazubakwa n’indi nyubako ntoyakira 3,000 bicaye neza.

Icyemezo cyo kubaka iyi nyubako cyafashwe nyuma y’uko abahanzi barimo Azawi basabye ko igihugu cyagira inzu y’imyidagaduro igezweho. Azawi, wamamaye muri muzika ya Afrobeats, yabigarutseho cyane nyuma yo gusura BK Arena i Kigali ubwo yari yitabiriye igitaramo cya John Legend.

Ibinyujije kuri X yahoze yitwa Twitter, Gen Muhoozi yatangaje ko vuba aha agiye kujya muri Turukiya kurangizanya na kompanyi izayubaka.

 

 

 

You Might Also Like

Burundi :Ishyaka CNDD –FDD rya Ndayishimiye ryegukanye imyanya yose mu nteko ishinga amategeko

Trump yatangaje ko yatunguwe n’ibibazo byabaye hagati ye na Elon Musk

Minisitiri Nduhungirehe Olivier aranenga abayobozi bakomeje gusakaza amakuru ashobora guhungabanya amasezerano hagati na RDC

Elon Musk akomeje kwicuza icyamuteye kugirana ibibazo na Donald Trump

Minisitiri Constant Mutamba yongeye guterana amagambo n’umushinjacyaha mukuru

Nsanzabera Jean Paul April 28, 2025 April 28, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Ingabo z’Afurika y’Epfo zavuye kwizima zemera gutaha zinyuze mu Rwanda

February 24, 2025
Andi makuru

Perezida wa Pologne Andrzej Sebastian Duda agiye gusura ubutaka butagatifu bwa Kibeho

February 5, 2024
Imyidagaduro

Musengamana Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye imbere y’amategeko n’umugabo we

February 20, 2025
Andi makuru

Abayobozi n’abakozi ba ADHI Ltd basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi (Amafoto )

April 19, 2023
Imikino

Abafana ba Kiyovu bari bafunzwe bazira gutuka Mukansanga Salima bagizwe abere

February 6, 2023
Imikino

Eco Arts ku bufatanye na Classic Tours&Travel bateguye irushanwa ryo kubungabunga Ibidukikije .

April 27, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?