SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: #Kwibuka21: Abayobozi n’abakozi ba Airtel Rwanda basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > #Kwibuka21: Abayobozi n’abakozi ba Airtel Rwanda basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama
Andi makuru

#Kwibuka21: Abayobozi n’abakozi ba Airtel Rwanda basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul Published April 11, 2025
Share
SHARE

Umuyobozi Mukuru wa Airtel mu Rwanda, Emmanuel Hamez, yavuze ko abantu badakwiye kwicara ngo bavuge ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itazongera kuba byonyine, ahubwo bakwiye no kubiharanira ngo itazasubira ukundi.

Ibi yabivuze ku wa 10 Mata 2025, ubwo abayobozi n’abakozi ba Airtel Rwanda basuraga Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama, mu Karere ka Bugesera.

Hamez yavuze ko ibyo u Rwanda rumaze kugeraho mu myaka 31 ishize, bikwiye gusigasirwa ngo ibyabaye bitazongera ukundi.

Yavuze ko kimwe mu byatumye u Rwanda rugera aho rugeze ubu ari ukutibagirwa aho rwavuye, cyane ko gusura inzibutso byibutsa Abanyarwanda aho bavuye ariko bikabashyiramo n’imbaraga ngo batazasubira inyuma.

Ati “Ibyo u Rwanda rwabashije kugeraho nyuma y’ibihe bibi kandi bibabaje biragoye kubyiyumvisha, gusa ntekereza ko impamvu babigezeho ari ugukomeza kwibuka bakaza ahantu nk’aha buri mwaka, bityo ntibibagirwe aho bavuye bigatuma baharanira kubaka ejo hazaza.”

Hamez yashimangiye ko ibihugu byinshi bya Afurika nubwo bitabayemo Jenoside nk’uko yabaye mu Rwanda, hari aho amateka yagiye yisubiramo.

Ati “Nk’ubu nabaye muri Sudani i Khartoum, umujyi na wo wagize amateka mabi, nyuma yayo bagize amahoro, ariko nyuma birongera birazamba.”

Yavuze ko abantu badakwiye kwicara ngo bavuge ko ibyabaye bitazongera gusa ahubwo bakwiye no kubiharanira.

Ati “Tugomba guhora twunze ubumwe, tutavuga ngo ntibizongera gusa, ahubwo tugomba no kubiharanira kuko tuzi uburyo umuntu ashobora guhinduka.”

Hamez yavuze ko abavuga ko nta Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye bakwiye kuza bagasura inzibutso nk’izi kuko ari gihamya cy’ibyabaye.

 

You Might Also Like

Minisitiri Nduhungirehe Olivier aranenga abayobozi bakomeje gusakaza amakuru ashobora guhungabanya amasezerano hagati na RDC

Elon Musk akomeje kwicuza icyamuteye kugirana ibibazo na Donald Trump

Minisitiri Constant Mutamba yongeye guterana amagambo n’umushinjacyaha mukuru

Inkura 70 zari zitegerejwe mu Rwanda zagejejwe muri Parike y’igihugu y’akagera

Aline Gahongayire yahembuye imitima ya benshi bitabiriye igitaramo yakoreye mu bubiligi

Nsanzabera Jean Paul April 11, 2025 April 11, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Peace Cup: Rayon Sports yanyagiye Interforce

January 17, 2024
Imyidagaduro

Platini agiye gukora igitaramo cyo kwishimira ibyo yagezeho mu muziki

February 8, 2024
Imikino

“Ibyo yavuze ntabwo ari byo” – Chairman wa APR FC Col Karasira Richard !

January 15, 2024
Andi makuru

Zoleka Mandela, umwuzukuru wa Nelson Mandela yitabye Imana azize Cancer

September 26, 2023
Imyidagaduro

Jivah record yasinyishije Producer Loader yiyemeza guteza imbere impano zikizamuka

August 19, 2024
Andi makuru

Benjamin Netanyahu yitabye rukiko rwa Tel Aviv

December 11, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?