SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Munyakazi Sadate yongeye kunyomoza Perezida wa Rayon Sport ku bijyanye n’imigabane
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Munyakazi Sadate yongeye kunyomoza Perezida wa Rayon Sport ku bijyanye n’imigabane
Imikino

Munyakazi Sadate yongeye kunyomoza Perezida wa Rayon Sport ku bijyanye n’imigabane

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/04/05 at 11:54 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Munyakazi Sadate wayoboye Rayon Sports, yashyize hanze ibimenyetso bigaragaza ko yabeshyewe na Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, watangaje ko ari mu badatanga umusanzu mu ikipe kandi bakinjirira ubuntu ku kibuga.

Ni bumwe mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Mata 2025, bukurikira ubwo yari yageneye abakunzi ba Rayon Sports abagaragariza umushinga we wo kugura iyi kipe.

Sadate yavuze ko azatanga miliyari 5 Frw zizakemura ibibazo byose biri mu ikipe, ariko mu gihe ubusabe bwe bwakwemerwa yahita atanga miliyoni 100 Frw zo kurangiza neza umwaka w’imikino wa 2024/25.

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yabiteye utwatsi, amusubiza ko “Rayon Sports ni umuryango ntabwo igurishwa, ahubwo igurwamo imigabane.”

Twagirayezu yongeyeho ko hari uburyo Sadate yagakwiriye kuba atangamo imisanzu ifasha ikipe ariko ko atabikora.

Ati “Dufite itsinda ryitwa Special Supporting Team, dutanga hagati y’ibihumbi 50 Frw n’ibihumbi 100 Frw. Sadate aririmo ariko nta musanzu atanga. Niba ushaka ko ikipe itsinda wakagombye kubigiramo uruhare, ntutegereze kuvuga ari uko yatsinzwe.”

Twagirayezu yongeyeho ko Sadate yitabira imikino ya Rayon Sports, akajyana umuryango we wose, bakinjirira ubuntu.

Ibi ni byo Sadate yahereyeho agaragaza inyemezabwishyu yishyuriyeho miliyoni 5 Frw zijya mu isanduku ya Rayon Sports, nk’amatike y’umwaka wose ku muryango we.

Yerekanye kandi umusanzu yagiye atanga w’ibihumbi 100 Frw ndetse n’ibihumbi 300 Frw mu bihe bitandukanye mu mpera z’umwaka ushize.

Ibi bimenyetso bikurikirwa n’ubutumwa bugira buti “Wowe Thaddée Twagirayezu watangarije abantu kuri radio ko mpabwa imyanya yo kwicaramo y’ubuntu nkazana abana n’umugore.”

“Ndakwibutsa ko igihe Rayon Sports yashyiraga hanze itike y’umwaka mu kwezi kwa Kamena 2024, naguze amatike yanjye n’ay’umuryango wanjye nubwo ntakiyahabwa. Ntabwo nza kwinjirira ku matike y’ubusa nk’uko wabitangaje. Oya! Ibinyoma no kwangisha abantu abandi ntabwo ari byo bitanga ibigwi.”

Sadate yakomeje avuga ko atazemera gukomeza guharabikwa, ahubwo azajya atanga ibimenyetso mu gihe yabeshyewe.

Ati “Muri iryo tsinda amafaranga ashyikirizwa umubitsi, Patrick Rukundo, kandi ikoranabuhanga ntiribeshya kuko risiga ibimenyetso. Ikinyoma kiririrwa ariko ntikirara.”

“Uretse ko mutanga ari hagati y’ibihumbi 50 Frw kugeza ku bihumbi 100 Frw, njyewe njya ndenza ayo mafaranga kuko hari igihe natangaga n’ibihumbi 300 Frw. Fungura ubutumwa bwawe bwa MoMo urabona ukuri. Ntabwo nzongera kwemera ko munyangisha abantu cyangwa ngo ntege amatama ngo muhonde kubera ibinyoma byanyu n’itangazamakuru ryaguye ibifu.”

Munyakazi Sadate yayoboye Rayon Sports hagati ya Nyakanga 2019 na Nzeri 2020.

 

You Might Also Like

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

APR BBC yongeye itsindirwa mu maso ya Perezida Kagame na MBB South Africa 98-88

Nsanzabera Jean Paul April 5, 2025 April 5, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Iyobokamana

Ubuzima bwa Papa Francis bwongeye kumera nabi

March 1, 2025
Andi makuru

Nyiri Hotel Gorilla umunyemari Rusera Emmanuel yitabye Imana

March 1, 2023
Ubukungu

Airtel Rwanda yatangije ikoranabuhaga rya e-SIM mu Rwanda

June 19, 2023
Imyidagaduro

#Kwibuka31: Umuvugizi wa RIB yasabye ibyamamare guhangana n’abakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside

April 8, 2025
Imikino

Rayon Sports yatangarije abakunzi bayo impinduka ku mukino wayo wa mbere w’igikombe cy’Amahoro.

January 16, 2024
Imyidagaduro

Davis D yakoze amateka mu gitaramo cye,Nasty C biragira akubise umufana umugeri (Amafoto)

November 30, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?